Trump yavuze ko abandi banyamerika benshi bashobora kugwa muri ibi bitero bagabye kuri Iran
Yanditswe: Monday 02, Mar 2026
Donald Trump mu ijambo rye yavuze ko "ibitero " kuri Iran bizakomeza "kugeza igihe intego zabo zose zizaba zagezweho"
Yavuze ko "hashobora kubaho abandi" banyamerika bapfa cyangwa bakomereka nyuma y’uko ubutegetsi bukuru bwa Amerika bwemeye ko abasirikare batatu ba Amerika bishwe n’abandi batanu bakomeretse bikomeye mu bitero kuri Iran.
Trump yavuze ko ibi bitero bishobora kumara ibyumweru.
Mu masaha ya kare yo kuwa mbere, Israel yatangiye kugaba ibitero mu murwa mukuru Beirut wa Liban ku byo yise gusubiza ku bitero bya Hezbollah, nyuma y’uko umutwe w’inyeshyamba urashe ibisasu bya roketi muri Israel.
Umuryango w’ibihugu by’Abarabu watangaje ko abantu batatu bapfuye kuva kuwa gatandatu mu bitero byo kwihorera bya Iran, mu gihe ibisasu byaturitse no muri Bahrain, umujyi wa Erbil muri Iraq na Yorodaniya.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Sir Keir Starmer, yavuze ko Ubwongereza bugiye kwemerera Amerika gufata ingamba zo kwirwanaho ku birindiro bya gisirikare by’Ubwongereza ariko "ntibuzafatanya mu bikorwa byo gutera ubu".

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *