Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gutangaza ko adashaka ko AbanyaSomalia baba muri Amerika, avuga ko bagomba gusubira aho baturutse.
Yagaragaje ko Amerika ishobora kwisanga habi mu gihe yakomeza kwinjiza abimukira b’Abanya-Somalia we yise ‘umwanda’.
Yagize ati: “Mbabwije ukuri, sinshaka ko baza mu gihugu cyacu. Amerika ishobora kugana habi niba dukomeje kwinjiza ‘umwanda’ mu gihugu cyacu.”
Yakomeje agaragaza ko nubwo abantu bashobora kumva bitaboneye mu buryo bwa politiki, we atabyitayeho.
Trump yavuze ko Somalia ari igihugu kidafite ikindi kintu kigira uretse kuba abaturage birirwa bicana kandi ntikigire n’ubuyobozi buhamye.
Trump yanibasiye umushingamategeko wo muri Amerika ufite inkomoko muri Somalia, Ilhan Omar, avuga ko ari umuntu udakunda abandi kandi amufata nk’udashoboye.
Aya magambo atesha agaciro Abanya-Somalia yayavuze mu gihe hari amakuru avuga ko inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika zitegura ibikorwa byihariye byo gufata abadafite ibyangombwa mu mujyi wa Minnesota, ahabarizwa umubare munini w’Abanya-Somalia.
Minisitiri w’Intebe wa Somalia, yavuze ko adaha agaciro ibyo Trump yavuze, kandi ko bikwiye kwirengagizwa.
Abayobozi muri leta ya Minnesota bamaganye iki gikorwa giteganyijwe, bavuga ko gishobora gufatirwamo abaturage ba Amerika bafatwa nk’Abanya-Somalia kubera isura yabo cyangwa inkomoko y’imiryango yabo.
Imijyi ya Minneapolis na St. Paul, izwi nka Twin Cities, ni yo icumbikiye umubare munini w’Abanya-Somalia ku Isi hanze ya Somalia ubwayo.
Iyi gahunda ivugwa n’amagambo ya Trump bibonwa nk’ukwiyongera kw’inkubiri ya Trump mu kwibasira abanya-Somalia baba muri iki gihugu nubwo bari bamaze igihe batekanye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *