skol

Trump yavuze ko Leta imufitiye miliyoni 230$

Yanditswe: Wednesday 22, Oct 2025

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Minisiteri y’Ubutabera miliyoni 230 z’Amadolari yahombye ubwo yakorwagaho iperereza ahamya ko ritari rifite ishingiro.

Nk’uko ikinyamakuru The New York Times cyabitangaje, Trump yavuze ko nahabwa aya mafaranga, azayakoresha mu bikorwa by’ubugiraneza.

Trump yagize ati: “Sinabiganiriyeho n’abanyamategeko, icyo nzi ni uko Minisiteri y’Ubutabera imfitiye amafaranga menshi ndetse ninyishyura nzayashyira mu bikorwa by’ubugiraneza cyangwa ibindi.”

Trump yatanze ibirego bibiri, asobanura ko yahohotewe na Leta. Icya mbere yatanze mu 2023 gishinja igisirikare cya Amerika n’urwego rw’iperereza (FBI) kubeshya ko yifatanyije n’u Burusiya mu kugerageza kwivanga mu matora yo mu 2016.

Ikirego cya kabiri Trump yatanze mu 2024 kivuga ko FBI yarenze ku burenganzira bwe, ubwo yasakaga urugo rwe i Mar-a-Lago, kandi ko muri iyi dosiye yo kwandarika inyandiko z’ibanga, yashowe mu rubanza rutari ngombwa.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutabera, Chad Gilmartin, yavuze ko abakozi bayo bazakora akazi bashinzwe, bakurikiza amategeko n’indangagaciro mu gusuzuma ibi birego.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa