skol

Trump yemeje ko Amerika yafashe Perezida Maduro wa Venezuela

Yanditswe: Saturday 03, Jan 2026

featured-image

Perezida Donald Trump yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu Amerika yagabye ibitero mu murwa mukuru wa Venezuela, ndetse Perezida Nicolas Maduro n’umugore we barafatwa, bakurwa muri iki gihugu.

Mu butumwa Perezida Trump yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth, ntiyigeze atangaza aho Maduro yajyanywe.

Yavuze ko Perezida Maduro n’umugore we “bafashwe ndetse bakurwa muri iki gihugu”, binyuze “mu bitero bikomeye bya Amerika”.

Nyuma yo gufatwa kwa Maduro, Minisitiri w’Ingabo za Venezuela, Vladimir Padrino López, byavugwaga ko yishwe yagaragaye ari muzima.

Mu ijambo rye ryatambutse ku mbuga nkoranyambaga, Vladimir Padrino López yavuze ko “ntabwo tuzigera tujya mu biganiro, ntabwo tuzamanika amaboko, kandi tuzatsinda.”

Kugeza ubu amakuru ahari avuga ko Maduro yafashwe n’abasirikare ba Amerika babarizwa mu mutwe udasanzwe woherezwa aho rukomeye, Delta Force.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko Perezida Maduro wa Venezuela azaburanishirizwa muri Amerika.

Kuburanishirizwa muri Amerika kwa Maduro gufitanye isano n’ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’iterabwoba yahamijwe n’Urukiko rw’i New York mu 2020. Yashinjwaga kwinjiza muri Amerika ikiyobyabwenge cya Cocaine, ndetse n’ibindi bifitanye isano nacyo.

Muri manda ya mbere Trump, Maduro yashyiriweho igihembo cya miliyoni 15$ ku muntu wese uzamushyikiriza Amerika. Ku butegetsi bwa Biden iki gihembo cyagejejwe kuri miliyoni 25$.

Muri Mutarama 2025 ubwo Trump yasubiraga ku butegetsi, yazamuye iki gihembo akigeza kuri miliyoni 50$, ndetse muri Kanama umutwe wa El Cártel de los Soles yagiye avuga kenshi ko uyoborwa na Maduro, ushyirwa ku rutonde rw’iy’iterabwoba.

Visi Perezida wa Venezuela, Delcy Rodríguez yavuze ko kugeza ubu batazi aho Amerika yajyanye Perezida Maduro n’umugore we, Cilia Flores, gusa ashimangira ko iki gitero cyaguyemo abayobozi muri Guverinoma, mu gisirikare ndetse n’abasivile.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo Guverinoma ya Venezuela yatangaje ko Amerika yagabye ibitero ku murwa mukuru, Caracas ndetse no mu zindi leta eshatu: Miranda, La Guaira na Aragua.

Ibi bitero byibasiye cyane ibigo bya gisirikare birimo n’icya Fuerte Tiuna, aho byagiye bivugwa ko Maduro aba.

Ifatwa rya Maduro ribaye mu gihe hari hashize imyaka myinshi uyu mugabo atavuga rumwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yagiye agaragaza kenshi ko Maduro ari umunyagitugu ndetse Amerika itemera ubuyobozi bwe.

Mu mezi make ashize nibwo Amerika yatangije ibitero bya gisirikare yagabye ku mato y’abacuruza ibiyobyabwenge yavugaga ko bakorana na Maduro.

Ku rundi ruhande, Maduro yagiye avuga kenshi ko ibi bitero bya Amerika bigamije kwigarurira umutungo w’igihugu cye no gushyiraho ubuyobozi bukorera mu kwaha kwa Amerika.

Maduro afashwe mu gihe hari hashize iminsi mike atangaje ko yiteguye kuganira na Amerika.

Uyu mugabo w’imyaka 63 yagiye ku butegetsi muri Venezuela mu 2013 nyuma y’urupfu rw’uwari inshuti ye Hugo Chávez wasize kanseri. Ubutegetsi bwe bwaranzwe no kutavuga rumwe na Amerika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa