Trump yemeye ko gukemura ikibazo cy’intambara yo muri Ukraine bigoranye
Yanditswe: Wednesday 09, Jul 2025
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yemeye ko gushakira umuti intambara ya Ukraine bimaze kugaragara ko bigoye kurusha uko yari abyiteze. Yanavuze ko atemeranya n’uburyo mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, ashishikajwe no guhagarikamo iyi ntambara.
Kuva yagera ku butegetsi muri Mutarama, uyu mukandida w’ishyaka ry’Aba-Republicains yagiye yizeza kenshi ko azarangiza vuba ikibazo hagati ya Moscow na Kiev. Gusa, uko igihe kigenda gitambuka, Trump yemeye buhoro buhoro ko ibyo yise ko “bizakemuka mu masaha 24” bishobora gutinda kurushaho.
Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Kabiri, Trump yavuze ko “atishimiye Putin”, yongeraho ati “Ari kwica abantu benshi,” harimo n’abasirikare b’Abarusiya n’Abanya-Ukraine. Yavuze ko abagera ku 7.000 bishwe buri cyumweru muri uru rugamba.
Abajijwe n’umunyamakuru niba afite icyo agiye gukora kuri ibyo, Trump yasubije ati “Ntacyo nabibabwiraho”, avuga ko icyo agiye gukora kigomba kuzaba gitunguranye.
Trump yatanze urugero rwerekeye ku byo Amerika iherutse gukora vuba kuri Iran, avuga ko ari urugero rw’uburyo bwe bushingiye ku kutamenyekanisha ingamba.
Trump yemeye ko urugendo rwe rwo gushaka umuti ku kibazo cya Ukraine rwarushijeho kugorana, yongeraho ko Washington yahaye Kiev “ibikoresho bya gisirikare byiza kurusha ibindi byose byigeze gukorwa.”
Trump yavuze ko u Burusiya bwari gutsinda Ukraine “mu minsi itatu cyangwa ine” iyo bitaba intwaro zoherejwe na Amerika. Gusa yagaragaje ko Amerika yatanze intwaro nyinshi kurusha uko bikwiye ku gihe cya Perezida Joe Biden, ndetse kurusha n’u Burayi.
Abajijwe ku bijyanye n’umushinga w’itegeko washyizwe imbere na Sena w’umusenateri w’Umu-Republicain, Lindsey Graham, risaba ibihano bishya bikomeye ku Burusiya, Trump yavuze ko akiri kugenzura iby’ibyo bitekerezo.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *