Trump yishimiye cyane ikiganiro yagiranye n’uwasimbuye Perezida Maduro
Yanditswe: Thursday 15, Jan 2026
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagiranye ikiganiro cya mbere na Delcy Rodríguez, Perezida w’inzibacyuho wa Venezuela.
Iki kiganiro cyabaye ku wa Gatatu, kikaba ari cyo kiganiro cya mbere kizwi hagati y’aba bayobozi bombi kuva Perezida Nicolás Maduro yafatwa n’ingabo za Amerika.
Trump yavuze ko icyo kiganiro cyari “cyiza cyane” kandi ko we na Delcy Rodríguez baganiriye ku ngingo zirimo ibikomoka kuri peteroli, ubucuruzi n’umutekano.
Yatangarije itangazamakuru ati "Twagiranye ikiganiro kirekire. Twaganiriye ku bintu byinshi, kandi ndumva ibintu bigenda neza cyane na Venezuela." Yanashimye Rodríguez, amwita "umuntu ukomeye."
Trump yanditse kandi kuri Truth Social, avuga ko "ibintu biri kujya mu buryo" hagati ya Amerika na Venezuela, ndetse avuga ko ibyaganiriweho byibanze.
Yavuze ko ubumwe hagati y’ibihugu byombi buzaba “bushimishije,” kandi ko Venezuela izongera kuba igihugu “cyiza kandi cyunguka”.
Rodríguez nawe yavuze ko icyo kiganiro cyabaye kirekire, cyubakiye ku bwubahane, kandi ari cyiza.
Ati "Twaganiriye ku ngingo nyinshi, ndetse twumva ko twashyize imbere inyungu z’ibihugu byombi."
Ibi biganiro birimo gutanga icyizere ku byerekeye imibanire hagati y’ibihugu, nyuma y’igikorwa cy’Ingabo za Amerika cyo guta muri yombi Nicolas Maduro wayoboraga Venezuela.
Trump yavuze ko “Amerika izayobora Venezuela mu gihe cy’impinduka”, aho ibyo bihugu bizagirana ubufatanye bwimbitse ku byerekeye ubukungu n’umutekano.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *