skol

Trump yongeye kuburira Iran yigambye kuzakomeza umugambi wo gukora intwaro za nucléaire

Yanditswe: Tuesday 29, Jul 2025

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaburiye Iran avuga ko mu gihe yakongera kugerageza gukora intwaro za nucléaire, igihugu cye kizongera kuzisenya mu kanya nk’ako guhumbya.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, aherutse kuvuga ko igihugu cye kidateze na rimwe guhagarika umugambi wo gukora intwaro kirimbuzi.

Trump yamusubije ko Iran niyongera kwibeshya igashaka kuzikora, Amerika izongera kuzisenya mu buryo bukomeye cyane ndetse ko bizakorwa mu gihe gito gishoboka.

Uyu mugabo yavuze ko icyemezo cya Iran cyo kugerageza gukora izi ntwaro ari icyemezo cy’ubugoryi, nubwo Iran yakunze kuvuga ko icyo igamije ari ugukora ingufu za nucléaire zizakoreshwa mu rwego rw’iterambere risanzwe rya gisivile.

Gusa ibi ntabwo Amerika na Israel bibikozwa, bigashinja Iran umugambi wo gushaka gukora intwaro kirimbuzi binyuze mu gutunganya ubutare bwa iranium bwinshi, burenze ubukenewe mu gukoresha ingufu za nucléaire ibikorwa by’iterambere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa