skol

Tshisekedi n’umunyamakuru Hariana Véras bagaragaye bahuje imisaya

Yanditswe: Monday 09, Feb 2026

featured-image

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo, akomeje kuvugisha benshi nyuma yo kugaragara yahuje umusaya n’umunyamakuru Hariana Véras ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu cyumweru gishize, Perezida Tshisekedi yari i Washington D.C, aho yitabiriye iteraniro ryo gusengera Amerika. Hamwe n’abandi bayobozi bo mu bihugu bitandukanye, yari yarahawe ubutumire.

Bigaragara ko ubwo Tshisekedi yari asohotse mu cyumba cy’inama, Veras wari ufashe micro ya Televiziyo ya Angola (TPA) n’iya RDC (RTNC), yazamuye ikiganza asuhuza uyu Mukuru w’Igihugu n’urugwiro rwinshi.

Tshisekedi wihutaga yamukubise ijisho, ahita ava mu murongo w’abandi bayobozi bari bavanye muri iyi nama, amusanga aho yari ahagaze hamwe n’abandi banyamakuru, aramuhobera, bahuza umusaya.

Icyakurikiyeho ni ukumutunga micro ya TPA na RTNC, Tshisekedi aganira na Véras by’akanya gato mbere y’uko uyu Mukuru w’Igihugu akomeza urugendo.

Ibi bibaye mu gihe uyu munyamakuru akomeje kotswa igitutu n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bitewe n’uko abogamira kuri Leta ya RDC iyo abaza ibibazo byerekeye ku makimbirane yo mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Tshisekedi yavuye mu murongo w’abayobozi, ajya guhobera Hariana Véras

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa