skol

Tshisekedi yasubiye gutakambira Perezida wa Angola

Yanditswe: Tuesday 06, Jan 2026

featured-image

Perezida Félix Tshisekedi, wateye umugongo amasezerano ya Luanda, yasubiye gutakambira Perezida wa Angola João Lourenço ku bijyanye no kumufasha gucogoza AFC/M23 ikomeje kumushegesha.

Ku mugoroba wo ku wa 05 Mutarama 2026, Perezidansi ya RDC yatangaje ko ibiganiro bya Lourenço na Tshisekedi byabereye i Luanda.

Tshisekedi yageze i Luanda mu masaha y’umugoroba, agirana ikiganiro cy’amasaha macye na Perezida wa Angola mbere yo guhura n’abanyamakuru.

Nk’uko asanzwe yitwara mu biganiro, yerekanye “guca bugufi” no kumva “akamaro” ko guhagarika amakimbirane mu burasirazuba bwa RDC.

Yavuze ko igihugu cye cyagabweho intambara yakuruye umutekano mucye, wateye inzitizi zikomeye ku iterambere n’amahoro arambye muri RDC.

Tshisekedi yashimagije Perezida Lourenço, avuga ko “ibyifuzo bye bifite akamaro cyane” kandi bigaragaza ubushake bw’ukuri bwo guteza imbere amahoro arambye.

Asubiza itangazamakuru, umutegetsi wa RDC yavuze ko Perezida Lourenço azagira uruhare rutaziguye mu bikorwa byo gushaka amahoro bya Doha na Washington.

Ku wa Mbere kandi, Tshisekedi yatatse cyane Perezida Lourenço amwita “intwari y’amahoro muri Afurika,” avuga ko ari umugabo w’ijambo, ukunda umugabane kandi wifuriza Congo ibyiza.

Ni ibyafashwe nk’uburyarya kuko kuva mu 2022 Angola yatangira inshingano y’ubuhuza ku mutekano wa RDC, nta na kimwe Tshisekedi yashyize mu bikorwa.

Ni ubuhuza Tshisekedi yakoresheje nko kurangaza isi, kugeza aho afata amasezerano ya Luanda nk’“ibipapuro” byaje gutuma Angola ikuramo akayo karenge muri Werurwe 2025.

Icyo gihe, Angola yavuze ko ishaka kwibanda ku mahoro, umutekano, iterambere ry’ibikorwaremezo, isoko rusange, kurwanya ibyorezo no guteza imbere ubukungu, imibereho n’ubutabera muri Afurika yose.

Kuva Tshisekedi yerekeza amaso i Doha muri Qatar na Washington muri Amerika, yizeye ko ibyo bihugu bizomora ku ngufu AFC/M23, ariko ntibibe uko abishaka, ari kunyura mu nzira zishoboka zose ashaka amaboko yamukiza aba barwanyi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa