Tunisia: Umudepite yafunzwe azira amagambo yavuze kuri Perezida
Yanditswe: Friday 20, Feb 2026
Ahmed Saidani wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani, kubera amagambo yibasira Perezida w’iki gihugu, Kais Saied.
Uyu mugabo yakatiwe n’urukiko ku wa 19 Gashyantare nyuma yo guhamywa icyaha cyo gutukana akoresheje imbuga nkoranyambaga.
Mu ntangiriro z’uku kwezi ni bwo Ahmed Saidani nyuma yo kwandika ku mbuga nkoranyambaga, agaruka ku ruzinduko Perezida Saied yagiriye mu duce twangizweho ingaruka n’imyuzure.
Yavuze ko Perezida Saied “ari Umuyobozi w’ikirenga ushinzwe isuku n’isukura, ndetse akana n’uw’imiserega itwara amazi y’imvura.”
Saidani yahoze ari umwe mu bavuga rumwe na Perezida Saied, mu mezi make ashize nibwo yatangiye kumunenga no kumwibasira. Yari yatorewe kuba Umudepite mu 2022.
e nibwo yatangiye kumunenga no kumwibasira. Yari yatorewe kuba Umudepite mu 2022.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *