skol

Tunisia: Yakatiwe urwo gupfa azira kunenga Perezida

Yanditswe: Monday 06, Oct 2025

featured-image

Urukiko rwo mu mujyi wa Nabeul muri Tunisia rwakatiye urwo gupfa Saber Chouchane, umugabo w’imyaka 56, nyuma yo gushinjwa gutuka Perezida Kais Saied no gusebya inzego z’umutekano ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi byatangajwe n’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri Tunisia (LTDH) n’umwunganizi mu mategeko wa Saber Chouchane.

Me Oussama Bouthalja, wunganira Chouchane, yabwiye Reuters ko umukiliya we ari umuntu usanzwe, udafite amashuri menshi, wagiye yandika ubutumwa bunenga Perezida ku rubuga rwa Facebook mbere y’uko afatwa umwaka ushize.

Ati: “Urukiko rwamukatiye urwo gupfa kubera ibyo yanditse kuri Facebook. Ni icyemezo giteye ubwoba kandi kidasanzwe mu mateka yacu.”

Ntihigeze hatangazwa ubutumwa Saber Chouchane yatambukije bwafashwe nko kunenga Perezida n’inzego z’umutekano.

Ministeri y’Ubutabera ntacyo yahise itangaza kuri uru rubanza. Nubwo hari ubwo inkiko muri Tunisia zemeza ibihano by’urupfu, nta na rimwe byigeze bishyirwa mu bikorwa mu myaka irenga 30 ishize.

Murumuna wa Chouchane, Jamal Chouchane, yabwiye Reuters ko bababajwe bikomeye n’iki cyemezo cy’urukiko.

Iki cyemezo cyakuruye uburakari n’impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho abaturage n’abanyapolitiki benshi bacyamaganye, bakavuga ko ari uburyo bwo gutera ubwoba no kurushaho gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Saied.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa