Turikiya: Abantu umunani bafunzwe, abakinnyi 1024 bahagarikwa kubera ‘betting’
Yanditswe: Tuesday 11, Nov 2025
Ubuyobozi bwa Turikiya bwatangaje ko ku wa Mbere hafunzwe abantu umunani barimo umuyobozi w’ikipe yo mu cyiciro cya mbere, mu iperereza riri gukorwa ku bijyanye no gutega ku mikino y’umupira w’amaguru. Ni mu gihe Ishyirahamwe rya Ruhago muri icyo gihugu (TFF) ryahagaritse abakinnyi 1024 mu gihe bakiri gukorwaho iperereza.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko mu ntangiriro z’uku kwezi, TFF yahagaritse abasifuzi n’ababungirije 149 nyuma y’iperereza ryagaragaje ko bajya batega ku mikino itandukanye.
Ikigo cy’Itangazamakuru cya Turikiya, Anadolu, cyatangaje ko urukiko rwanzuye ko Umuyobozi w’Ikipe ya Eyüpspor, Murat Ozkaya n’abandi bantu barindwi bafungwa kubera iperereza riri gukorwa.
Mu itangazo ryayo, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Turikiya (TFF) ryavuze ko abakinnyi 1024 bo mu byiciro bitandukanye bashyikirijwe urwego rushinzwe imyitwarire (PFDK) kugira ngo bakorweho iperereza, barimo 27 bakina mu Cyiciro cya Mbere (Super Lig), bose bahagaritswe.
Muri abo bakinnyi 27 harimo abo mu makipe ya Galatasaray SK, İstanbul Başakşehir FK na Beşiktaş JK zikomeye muri Turikiya.
TFF yavuze ko yasabye FIFA kuyiha iminsi 15 yo gufasha amakipe kongeramo abakinnyi kugira ngo azibe icyuho cy’abakinnyi bahagaritswe.
Bivugwa kandi ko shampiyona y’icyiciro cya kabiri n’iy’icya gatatu zahagaritswe mu gihe cy’ibyumweru bibiri, mu gihe itangazamakuru ryo muri Turikiya rivuga ko inama y’ubutegetsi ya TFF ishobora kugira inama idasanzwe kuri uyu wa Kabiri saa Kumi z’umugoroba.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ntacyo riravuga ko makuru y’iri perereza n’ubusabe bwa TFF bwo kongeramo abakinnyi mu gihe cy’iminsi 15.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *