urikiya yamuritse misile iri gukora ya mbere yambukiranya imigabane (ICBM) yiswe ‘Yildirimhan’, ishobora kurasa mu ntera ya kilometero 6000 ku buryo uretse ku mugabane wa Asia yagera no mu Burayi na Afurika.
Iyi missile yamuritswe ku wa 6 Gicurasi 2026 mu imurika mpuzamahanga ry’intwaro rihuza Asia n’u Burayi rizwi nka SAHA ryabereye muri Istanbul muri icyo gihugu.
Ni imurika ryitabirwa n’ibigo bikora ibikoresho bya gisirikare hagamijwe kugaragaza izigezweho n’ikoranabuhanga ryabyo.
Al Jazeera yanditse ko iyi missile ya Turikiya ishobora kugenda ku muvuduko ukubye inshuro 25 uw’ijwi ikagira moteri enye ziyifasha kugenda n’ubushobozi bwo gutwara intwaro ifite ibilo 3000 mu gice cyayo cy’imbere.
Nubwo iyi misile ikiri kubakwa, abasesenguzi mu by’intwaro bagaragaza ko kuba Turikiya ishoboye kugaragaza misile nk’iyo ari ikimenyetso cy’uko ku rwego rw’inganda zayo za gisirikare rukomeje gutera imbere cyane.
Minisitiri w’Ingabo wa Turikiya, Yasar Guler, yavuze ko icyo gihugu cye kigamije kubaka ubushobozi burambye mu bya gisirikare no mu ikoranabuhanga ku icyo n’abo bakorana.
Ati “Muri iki gihe ubukungu bwahindutse indi ntwaro ibihugu bimwe byifashisha ku bindi, Turikiya yiteguye gufasha abafatanyabikorwa bayo itabaha intwaro gusa ahubwo inabaha ikoranabuhanga n’uburyo burambye bwo kwicungira umutekano.”
Umusesenguzi mu bya gisirikare ukorera muri Istanbul, Burak Yildirim, yavuze ko ikoranabuhanga rya missile Turikiya yamuritse rifitanye isano ikomeye n’irikoreshwa mu byogajuru.
Ati “Ubumenyi bwo kohereza icyogajuru mu kirere n’ubwo gukora misile ndende birasa cyane. Ibi bishobora no gufasha Turikiya mu mishinga yayo yo kohereza ibyogajuru mu kirere.”
Turikiya imuritse iyo ntwaro mu gihe mu Burasirazuba bwo Hagati umutekano uhagaze nabi bitewe n’intambara n’amakimbirane bihari muri iyi minsi.
Mu minsi ishize bamwe mu banyapolitiki bo muri Israel bagaragaje impungenge ku izamuka ry’ubushobozi bwa Turikiya mu bya gisirikare aho Naftali Bennett wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Israel aherutse kuvuga ko iki gihugu ari ikindi kibazo cyiyongereye mu bisanzwe bihari muri ako Karere.
Kuva mu myaka ya 2010 Turikiya yatangiye gushyira imbaraga nyinshi mu gukora ibikoresho bya gisirikare imbere mu gihugu nyuma yo guhura n’imbogamizi mu kubona intwaro z’amahanga.
Kugeza ubu iki gihugu kiri mu bifite ingabo zikomeye mu muryango wa OTAN ndetse ibikoresho byacyo bya gisirikare gikora birimo drones zo mu bwoko bwa Bayraktar TB2 bikomeje kugurwa n’ibihugu byinshi no kwifashishwa mu ntambara zinyuranye.
Misile zambukiranya imigabane ni imwe mu ntwaro zikomeye ku rwego rw’Isi kuko ibihugu bizitunze bitarenga umunani nubwo bimwe bitabyemera.
Muri ibyo bihugu harimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Burusiya, u Bushinwa, u Buhinde, Koreya ya Ruguru na Israel.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *