skol

U Bubiligi buri gukora iperereza ku nkomoko y’amafaranga y’umuryango wa Tshisekedi

Yanditswe: Thursday 20, Nov 2025

featured-image

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Bubiligi buri gukora iperereza ku nkomoko y’amafaranga ari kuri konte z’abo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo.

Sosiyete sivili n’amashyirahamwe y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro byo muri Grand-Katanga, bimaze igihe byinubira uburyo ibirombe byo mu ntara zirimo Lualaba na Haut-Katanga bikoreshwa n’abo mu muryango wa Tshisekedi.

Abagize iyi miryango n’amashyirahamwe babwiye itangazamakuru ko kugira ngo uyu mutungo kamere usahurwe nta nkomyi, abarimo murumuna wa Tshisekedi witwa Christian Tshisekedi bohereje mu birombe abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zirinda abayobozi bakuru (GR) kugira ngo babe ari bo babirinda.

Kubera ko abo mu muryango wa Tshisekedi bavugwa muri iyi dosiye bafite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, muri Werurwe 2025 iyi miryango n’amashyirahamwe byasabye umunyamategeko Bernard Maingain kubagereza ikirego Bushinjacyaha bw’u Bubiligi.

Ikinyamakuru Africa Intelligence gikora inkuru zicukumbuye kuri Afurika, kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2025 cyatangaje ko ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru bw’u Bubiligi biri gukora iperereza ku byaha bishinjwa abo mu muryango wa Tshisekedi birimo kunyereza umutungo n’iyezandonke.

Nk’uko iki kinyamakuru kibisobanura, Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Bubiligi bwasabye banki kubuha uburenganzira kugira ngo bwinjire muri konti z’abo mu muryango wa Tshisekedi barimo umugore we, Denise Nyakeru, abavandimwe ba Tshisekedi batatu n’abana be babiri.

Abavandimwe ba Tshisekedi bakurikiranywe ni Christian Tshisekedi, Jacques Tshisekedi na Jean-Claude Tshisekedi, naho abana be bakurikiranywe ni Fanny Tshisekedi na Anthony Tshisekedi.

Kwinjira muri konti z’abo mu muryango wa Tshisekedi bifasha Ubushinjacyaha Bukuru kumenya amafaranga bohererejwe n’aho yaturutse cyangwa ayo bohereje n’ayo yaturutse. Ni ho bwashingira bwemeza niba barakoze ibyaha cyangwa niba ari abere.

Komisiyo ya RDC ishinzwe kurwanya ibinyuranyije n’amategeko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (CNLFM) yakoze iperereza, isanga koko hari abasivili barimo abanyamahanga, abasirikare n’abapolisi bijanditse mu bucukuzi n’ubucuruzi butemewe n’amategeko bw’amabuye bo muri Grand-Katanga.

Tariki ya 28 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Ubutabera muri RDC, Guillaume Ngefa, yasabye Ubushinjacyaha gukurikirana abantu bose CNLFM yagaragaje ko bakorera mu birombe byo muri Grand-Katanga binyuranyije n’amategeko, ariko ntiyatangaje amazina yabo.

Umuryango wa Tshisedi uri gukorwaho iperereza n’Ubushinjacyaha bw’u Bubiligi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa