U Bufaransa: Abantu 10 bakatiwe n’urukiko bazira kwibasira Brigitte Macron
Yanditswe: Monday 05, Jan 2026
Urukiko rw’i Paris rwahamije abantu 10 ibyaha bishingiye ku kwibasira Brigitte Macron, umugore wa Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.
Aba bantu bashinjwaga ibirimo gukwirakwiza kuri izi mbuga, amakuru y’ibihuha ajyanye n’imiterere y’imyanya y’ibanga ya Brigitte Macron, bakanavuga uko biboneye ku myaka iri hagati ya Perezida Macron n’umugore we.
Abashinjwa bakatiwe igifungo cy’amezi umunani asubitse, gusa umwe muri bo ahita afungwa ako kanya ajijijwe ko atitabiriye urubanza
Konti zabo zo kuri izi mbuga nkoranyambaga zahise zifungwa.
Umucamanza yavuze ko abahamijwe ibyaha barimo abagabo umunani n’abagore babiri kandi ko ibyo bakoze bari bafite intego yo guharabika no kwambika urubwa Brigitte Macron.
Abarimo Natacha Rey bivugwa ko ari umunyamakuru wigenga na Amandine Roy, ukoresha imbuga nkoranyambag, bahamijwe icyaha cyo gukoresha izi mbuga mu 2024, baharabika Brigitte Macron, bavuga ko atigeze abaho.
Bavuze ko musaza we, Jean-Michel Trogneux, yihinduye imiterere n’igitsina nyuma aza gukoresha amazina ye ya Brigitte Macron.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *