skol
fortebet

U Bufaransa: Marine Le Pen yemerewe kwiyamamaza, ariko azambara igikomo cy’ikoranabuhanga

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Tuesday 07, Jul 2026

U Bufaransa: Marine Le Pen yemerewe kwiyamamaza, ariko azambara igikomo cy'ikoranabuhanga

Sponsored Ad

skol

Urukiko rw’ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rworohereje igihano umunyapolitiki Marine Le Pen washinze ishyaka RN (Rassemblement National) ariko rumutegeka kwambara igikomo cy’ikoranabuhanga nk’uburyo bwafasha ubutabera mu kumukurikirana mu gihe atari muri gereza.

Mu mwaka ushize, Le Pen yahamijwe icyaha cyo gukoresha nabi umutungo w’abagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), akatirwa igifungo cy’imyaka ine no kumara imyaka itanu adahatanira umwanya muri Leta.

Uyu munyapolitiki wabonaga ko ashobora kubura amahirwe yo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu 2027 kandi ari mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Perezida Emmanuel Macron, yarajuriye, asaba ko iki gihano gikurwaho.

Kuri uyu wa 7 Nyakanga 2026, Urukiko rw’ubujurire rwashimangiye ko Le Pen yakoze icyaha cyo kunyereza umutungo w’Inteko ya EU, ariko rumugabanyiriza igihano, rukigeza ku kumara amezi 15 adahatanira umwanya muri Leta, yiyongeraho 30 yasubikiwe.

Aya mezi 15 abarirwamo 13 ashize Le Pen akatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Paris; ibimuha amahirwe yo kuzahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu mwaka utaha ariko hashyizwemo icyitonderwa.

Kubera ko urukiko rw’ubujurire rwakatiye Le Pen igifungo cy’imyaka itatu irimo ibiri isubitse, rwamumenyesheje ko ashobora guhatanira umwanya muri Leta adafunzwe ariko yambaye igikomo cy’ikoranabuhanga kugira ngo kumukurikirana byorohe.

Mu cyumweru gishize, uyu munyapolitiki yari yabwiye abanyamakuru ko bitashoboka ko yajya mu bikorwa byo kwiyamamaza yambaye igikomo cy’ikoranabuhanga kuko yaba yimwe ubwisanzure.

Yagize ati "Niba nakwemererwa kuba umukandida ariko sinemererwe kwiyamamaza nisanzuye, murumva ko bitazashoboka."

Ubwo hasomwaga umwanzuro, urukiko rwarimo abaregwa 11 bashinjwe kugira uruhare mu inyerezwa ry’aya mafaranga yakoreshejwe mu bikorwa bwite by’ishyaka RN na ryo ryajyanywe mu rukiko.

Uru rukiko rwategetse ishyaka RN ko na ryo ryatanga ihazabu ya miliyoni 2 z’Amayero kubera uruhare ryagize muri ibi byaha, risubikirwa miliyoni 1 y’Amayero.

Umwanzuro w’Urukiko rw’Ubujurire n’umurongo Le Pen yafashe bigaragaza ko RN ishobora guhindura umukandida uyihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Jordan Bardella w’imyaka 30 ni we ubonwa nk’umusimbura.

Nubwo abayobozi bakuru b’iri shyaka bemeza ko ubuyobozi bwabo bwunze ubumwe kandi ko bazakomeza gukora nk’ikipe, urundi ruhande rugaragaza ko Bardella adafite ubunararibonye buhagije bwamufasha guhatana ku rwego rwo hejuru nka Le Pen.

Abanyapolitiki batari mu butegetsi bwa Perezida Macron kandi batari kumwe na RN nka Jean-Luc Mélenchon w’ishyaka La France Insoumise babona intege nke za Bardella nk’amahirwe yabafasha kuyobora u Bufaransa.

Edouard Philippe na Gabriel Attal babaye ba Minisitiri b’intebe muri guverinoma yashyizweho na Perezida Macron na bo bavugwa mu bashobora guhatanira uyu mwanya.

Byitezwe ko mu gihe Le Pen atakwiyamamaza, Jordan Bardella ari we wamusimbura

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa