skol
fortebet

U Burusiya buvuga ko bwahanuye drones zirenga 400 zari zerekeje i Moscow

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Monday 20, Jul 2026

U Burusiya buvuga ko bwahanuye drones zirenga 400 zari zerekeje i Moscow

Sponsored Ad

skol

Umuyobozi w’Umujyi wa Moscow yavuze ko indege zitagira abapilote (drones) zirenga 400 zoherejwe mu gace ka Moscow kuva ku mugoroba wo ku Cyumweru kugeza mu gitondo cyo ku wa Mbere.

Nk’uko ibiro ntaramakuru Interfax byabitangaje, Sergei Sobyanin yagize ati:

"Kuva saa munani n’igice z’ijoro kugeza saa tanu za mu gitondo, drones zirenga 400 zerekeje mu gace ka Moscow.

Inyinshi muri zo zarashwe n’ingabo zishinzwe kurinda ikirere zitaragera ku ntego zazo. Drones 85 zarashwe zimaze kwegera umujyi wa Moscow."

Sobyanin yavuze ko inzego z’ubutabazi zirimo gukorera ahaguye ibisigazwa by’izo drones.

Mu mezi ashize, Ukraine yakajije umurego mu kugaba ibitero ku butaka bw’u Burusiya, ivuga ko ari ukwihimura ku Burusiya bumaze imyaka ine bugaba ibitero bya bombe muri Ukraine.

Hagati aho, ibiro ntaramakuru TASS byatangaje kuri uyu wa Mbere ko abantu batandatu, barimo abanyamahanga batatu, bajyanywe mu bitaro nyuma yo gukomerekera mu iturika. Gusa ntiharamenyekana niba ibyo bikomere bifitanye isano n’ibyo bitero bya drones.

Ibi bibaye nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, u Burusiya bugabye igitero gikomeye ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, bukoresheje misile zo mu bwoko bwa ballistic.

Abanyamakuru b’ibiro ntaramakuru AFP bari i Kyiv batangaje ko biboneye izo misile zigwa ku nyubako z’imiturire.

Umwe mu baturage ba Kyiv yabwiye AFP ati:

"Misile zakomezaga kuza imwe ikurikiye indi, zari zikomeye cyane.

Natekereje ko ubuzima bwanjye burangiye."

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko icyo gitero ari "kimwe mu bitero bikomeye cyane bya misile za ballistic byigeze bigabwa kuri Kyiv", avuga ko misile zirenga 40 zarashwe kuri uwo mujyi, 25 muri zo zikaba zari misile zo mu bwoko bwa ballistic.

U Burusiya kandi bwakomeje kugaba ibitero mu turere twa Zaporizhzhia, Kharkiv, Dnipropetrovsk, na Odesa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa