Ingabo z’u Burusiya zagabye igitero cya Drone muri Ukraine, mu ijoro ryacyeye rishyira tariki 17 Kamena 2026. Byabereye mu ntara ya Zaporizhia, umwe arapfa abandi barindwi barakomereka.
Guverineri wa Zaporizhia, Ivan Fedorov abinyujije ku mbunga nkoranyambaga, yavuze ko u Burusiya bwagabye ibitero bitanu byateje inkongi y’umuriro, yangiza n’ibikorwaremezo.
Yagize ati “ Umuntu umwe ni we waguye muri ibi bitero, byagabwe n’umwanzi.”
Polisi yo muri aka gace yatangaje ko u Burusiya bwifashishije drone za Shahed zaturikije inzu z’abaturage. Kimwe mu bitero cyateye inkongi y’umuriro ikomeye ku nzu igeretse gatatu, abayirimo babura uko basohoka.
Polisi yatangaje ko ubwo imwe muri drone yarasaga imodoka, yishe umugabo umwe. Mu gihe abandi barindwi ari bo babaruwe nk’abakomerekeye muri ibi bitero.
Imirimo yo gushaka abandi bashobora kuba bakomerekejwe n’iki gitero, irakomeje.
Impuruza ziburira zakomeje kuvuga kuko drone z’u Burusiya zakomeje kugaragara, ubuyobozi busaba abaturage kuguma mu bwihisho no kumenyesha inzego amakuru y’ahakenewe ubutabazi bwihuse.

Ibitekerezo
ndabakunda ariko ubucyene buranyishe mwampaye 1000 kurimomo mwaba mukoze narwaje akana kagahungu kananiwe kunyara ndirwikwavu