skol
fortebet

U Bushinwa bwemereye Trump kutagurisha Iran intwaro

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Saturday 16, May 2026

U Bushinwa bwemereye Trump kutagurisha Iran intwaro

Sponsored Ad

skol

Donald Trump yatangaje ko mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping, yamwijeje ko Beijing itazigera iha intwaro Iran muri ibi bihe Tehran ihanganye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntambara.

Trump yabitangarije mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Bushinwa. Yaherukaga i Beijing mu 2017.

Ni uruzinduko rwari rwitezweho ibiganiro bitandukanye birimo ubucuruzi, intambara ya Iran no kuganira kuri Taiwan, agace Amerika ihora ishaka ko kigenga nyamara u Bushinwa bwo bukagaragaza ko ari intara yako.

Mu biganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiranye, Trump yumvikanye mu mvugo iciye bugufi bitandukanye n’ibyagiye biba ubwo yabaga ari kunganira n’abandi bayobozi.

Yavuze ko afitanye umubano mwiza na Perezida Xi Jinping, ndetse ashimangira ko ari umuyobozi udasanzwe nubwo hari abatishima iyo abivuze.

Abayobozi ba Amerika kandi basabye u Bushinwa ku gushyira igitutu kuri Iran kugira ngo yemere amasezerano yo guhagarika intambara no gufungura inzira ya Hormuz ikomeje gutuma ubukungu bw’Isi buhungabana kubera izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.

Trump yabwiye Fox News ati “ [Perezida w’u Bushinwa] yambwiye ko atazahayiha ibikoresho bya gisirikare.”

Perezida wa Amerika kandi yavuze ko u Bushinwa bwifuza ko Hormuz ko ifungurwa kuko butumiza ibikomoka kuri peteroli byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ati “Yavuze ko na bo bagura ibikomoka kuri peteroli byinshi hariya. Urumva ko bazakomeza kubikora.”

Ibi kandi byahamijwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio. Yabwiye NBC News ko “u Bushinwa budashyigikiye ibyo gukoresha imbaraga za gisirikare mu nzira ya Hormuz.”

Rubio kandi yavuze ko u Bushinwa budashyigikiye ko Iran yishyuza amahoro ku bwato bunyura muri iki gice kinyuzwamo hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku Isi.
Minisitiri w’Imari wa Amerika, Scott Bessent, na we yunze mu ry’aba bayobozi. Yabwiye CNBC ko u Bushinwa bwemeye gufasha kugira ngo inzira ya Hormuz ifungurwa.

Itangazamakuru ryo muri Iran ryavuze ku wa 14 Gicurasi 2026 ko ubwato bw’u Bushinwa bwemerewe gukoresha iyi nzira.

Ni mu murongo wa Iran wo kwemerera ubwato bw’ibihugu by’inshuti gutambuka ariko bugakumira ubw’ibihugu bifite aho bihuriye na Amerika na Israel.

Kugeza ubu Amerika iracyakumira ubwato bwa Iran buva cyangwa bwinjira ku byambu byayo. Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati ziherutse gutangaza ko zakumiriye ubwato 72 ndetse busenya ubundi bune kuva ku wa 13 Mata 2026.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa