skol

U Bushinwa: Général akurikiranyweho kumena amabanga y’intwaro kirimbuzi

Yanditswe: Monday 26, Jan 2026

featured-image

Gen. Zhang Youxia wahoze ari Visi Perezida w’Inama Nkuru y’ingabo z’u Bushinwa ari gukorwaho iperereza ku cyaha cyo kumenera Leta Zunze Ubumwe za Amerika amabanga y’intwaro kirimbuzi no kwakira ruswa kugira ngo agire umusirikare Minisitiri w’Ingabo.

Inama Nkuru y’ingabo z’u Bushinwa ni rwo rwego ruri hejuru y’izindi. Perezida warwo ni Umukuru w’Igihugu, akungirizwa na ba Visi Perezida babiri. Abandi bane barimo Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’ingabo baza inyuma.

Ikinyamakuru The Wall Street Journal cyatangaje ko mbere y’uko Minisiteri y’Ingabo y’u Bushinwa itangaza ku wa 24 Mutarama 2026 ko Gen Zhang ari gukorwaho iperereza, habanje kuba inama y’abofisiye bakuru b’igisirikare, baganira ku myitwarire ye.

Amwe mu makuru akomeye yahishuriwe muri iyi nama, nk’uko iki kinyamakuru cyabitangaje, ni uko uretse kwakira ruswa kugira ngo azamure abasirikare mu ntera, yanahaye Amerika amakuru tekiniki y’ingenzi ajyanye n’intwaro kirimbuzi z’u Bushinwa.

Bivugwa ko bimwe mu bimenyetso bishinja Gen Zhang byatanzwe na Gu Jun wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’u Bushinwa gishinzwe gahunda za ‘nucléaire’, zaba iza gisivile n’iza gisirikare.

Hashize icyumweru Leta y’u Bushinwa itangaje ko iri gukora iperereza kuri Gu ku makosa akomeye yo kurenga ku mahame ngengamyitwarire y’ishyaka ry’Aba-Communistes riri ku butegetsi bw’iki gihugu n’amategeko y’igihugu muri rusange.

Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa muri Amerika, yatangaje ko iperereza kuri Gen Zhang rishimangira ko ubuyobozi bw’igihugu cyabo butihanganira abarya ruswa.

Minisiteri y’Ingabo y’u Bushinwa yemeje ko Gen Zhang Youxia ari gukorwaho iperereza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa