U Bwongereza bugiye guhagarika gutanga visa ku banyeshuri bakomoka mu bihugu bine
Yanditswe: Wednesday 04, Mar 2026
Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko igiye guhagarika itangwa rya visa z’abashaka kwigayo bakomoka mu bihugu bya Sudani, Afghanistan, Myanmar na Cameroon.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Shabana Mahmood yatangaje iki cyemezo avuga ko na visa zihabwa abakozi bafite ubumenyi bwihariye zitazongera guhabwa abakomoka muri Afghanistan.
Itangazo ryasohowe rivuga ko abasaba ubuhungiro barageze muri iki gihugu mu buryo bukurikije amategeko, bafite visa zo kwiga bikubye inshuro zirenga eshatu kuva mu 2021 kugeza mu 2025.
Minisiteri y’Umutekano mu gihugu ivuga ko abantu basaba ubuhungiro barinjiye mu bwongereza nk’abanyeshuri bangana na 13% by’ubusabe bwose bugitegereje gusuzumwa.
Shabana Mahmood ari “twafashe icyemezo cyo kwima visa abantu bashaka kwitwaza ubugiraneza bwacu baguma aha”
Bivugwa ko ibi bihugu bine ari byo bifitemo abantu benshi basabye ubuhungiro, mu gihe ibihumbi 16 babikomokamo bari guhabwa ubufasha bujyanye n’imibereho.
Kuva mu 2021, 95% by’abanyeshuri bavuye muri Afghanistan bakinjira mu Bwongereza basabye ubuhungiro, abaturuka muri Myanmar bikubye inshuro 16 naho abo muri Sudani na Cameroon bikubye inshuro zirenze enye.
Imibare igaragaza ko mu 2025 abimukira binjiye mu Bwongereza banyuze muri English Channel bari 41.472, bigaragaza ko biyongereyeho 5000 ugereranyije n’umwaka wari wabanje.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *