skol

U Bwongereza: Uwabaye ambasaderi muri Amerika yatawe muri yombi kubera dosiye ya Epstein

Yanditswe: Tuesday 24, Feb 2026

featured-image

Polisi y’i Londres yatangaje ko yataye muri yombi Peter Mandelson wabaye Ambasaderi w’u Bwongereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, azira ibikorwa bigaragara mu nyandiko z’ikirego cya Jeffrey Epstein wakurikiranyweho ibyaha byo gucuruza abana b’abakobwa hagamijwe kubasambanya.

E-mail zashyizwe hanze muri Mutarama 2026 zigaragaza ko Peter Mandelson yasangiraga amakuru na Epstein, ubwo yari muri Guverinoma yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe Gordon Brown.

Mandelson w’imyaka 72 yirukanywe mu myanya yose y’abadipolomate muri Nzeri 2025 hamaze kugaragara ko yari afitanye ubucuti bukomeye na Epstein.

Mu ntangiriro za 2026 yatangiye gukorwaho iperereza na polisi, ndetse itangazo ryasohowe na Polisi y’i Londres rivuga ko “bataye muri yombi umusaza w’imyaka 72 akekwaho imyitwarire mibi mu kazi ka leta.”

Ubutumwa bwagiye hanze bugaragaza ko Mandelson na Epstein bari inshuti cyane kuruta uko byagaragaraga mu ruhame.

Mandelson yari aherutse gusezera mu ishyaka ry’abakozi riri ku butegetsi ndetse yahise yegura muri Sena y’u Bwongereza.

Mu cyumweru gishize kandi murumuna w’Umwami Charles III, Andrew Mountbatten-Windsor, na we yatawe muri yombi akekwaho imyitwarire idahitswe mu kazi ka Leta, aho bivugwa ko yohererezaga amakuru Jeffrey Epstein. Gusa nyuma we yaje kurekurwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa