skol

Uburusiya bwatangaje batatu bacyekwaho kurasa Lt Gen Vladimir Alexeyev

Yanditswe: Monday 09, Feb 2026

featured-image

Uburusiya buvuga ko bwatahuye abacyekwa batatu bashinjwa kugira uruhare mu iraswa ry’umusirikare ukomeye w’Uburusiya, Liyetona Jenerali (Lt Gen) Vladimir Alexeyev.

Muri abo bantu batatu harimo umugabo ushinjwa ko yagabye icyo gitero, watangajwe ko ari Umurusiya wavukiye muri Ukraine witwa Lyubomir Korba.

Urwego rw’ubugenzacyaha rw’Uburusiya (SK) rwavuze ko Korba yageze mu murwa mukuru Moscow mu mpera y’ukwezi kw’Ukuboza (12) mu mwaka ushize, aje gukora “umurimo w’inzego z’ubutasi za Ukraine wo gukora igitero cy’iterabwoba”. Amakuru avuga ko Ukraine yahakanye ivuga ko nta ruhare ibifitemo.

Lt Gen Alexeyev, w’imyaka 64, yajyanwe mu bitaro nyuma y’icyo gitero cyo ku wa gatanu cyabereye mu nyubako y’amacumbi mu gace k’amajyaruguru ashyira uburengerazuba mu nkengero ya Moscow. Yagaruye ubwenge nyuma yo kubagwa, nkuko amakuru yo mu bitangazamakuru byo mu Burusiya abivuga.

Alexeyev ni nimero ya kabiri mu butasi bwa gisirikare bw’Uburusiya (GRU), ndetse ni we wa vuba aha mu basirikare bo hejuru b’Uburusiya barasiwe i Moscow cyangwa mu nkengero y’uwo mujyi, kuva Uburusiya bugabye igitero gisesuye kuri Ukraine muri Gashyantare (2) mu 2022.

Ku cyumweru, umuvugizi Svetlana Petrenko yavuze ko Korba ushinjwa kugaba igitero kuri uwo musirikare mukuru yarashe amasasu atatu, nyuma arahunga, ndetse ko yahise ajya muri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) mu masaha yakurikiye uko kurasa. Yamaze gutabwa muri yombi yoherezwa mu Burusiya.

Shene (channel) Ru-24 yo kuri televiziyo y’Uburusiya yatangaje amashusho agaragaza abashinzwe umutekano baherekeje Korba ava mu ndege ahantu hatazwi.

Petrenko yongeyeho ati: “Abakora iperereza bakoze igenzura ryimbitse ahakorewe icyaha, batahura intwaro y’ubwicanyi – imbunda nto yo mu bwoko bwa Makarov iriho igikoresho kiburizamo urusaku rwayo [silencer] hamwe n’amasasu atatu.” Iyo mbunda iracyakorwaho ibizamini ngenzacyaha.

Ibitangazamakuru byo mu Burusiya byasubiyemo amagambo y’umuvugizi w’ibiro bya Perezida (byitwa Kremlin), bitangaza ko ku wa gatandatu Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin yashimiye Perezida wa UAE Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, ku bufasha bw’igihugu cye mu gufata Korba.

Ku wa gatanu ibiro ntaramakuru Reuters byasubiyemo amagambo ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine Andriy Sybiha avuga ko igihugu cye nta hantu na hamwe gihuriye n’iryo raswa, yumvikanisha ko ibyabaye ari ikibazo cy’imbere mu Burusiya.

Mugenzi we w’Uburusiya, Sergei Lavrov, yashinje Ukraine kugaba icyo gitero nk’uburyo bwo guhungabanya ibiganiro byiga ku kurangiza intambara hagati y’ibihugu byombi.

Adm Igor Kostyukov, ukuriye Alexeyev muri GRU, yayoboye intumwa z’Uburusiya mu biganiro biherutse by’impande eshatu (Ukraine, Uburusiya n’Amerika), byabereye i Abu Dhabi, umurwa mukuru wa UAE.

Bivugwa ko Korba yari afite umufatanyacyaha nibura umwe. Umugabo watangajwe ko yitwa Viktor Vasin, yatawe muri yombi ndetse ashyirirwaho ibirego n’abategetsi i Moscow.

Umugore watangajwe ko yitwa Zinaida Serebritskaya, wamaze kujya muri Ukraine, na we byibazwa ko yabigizemo uruhare, ariko umuvugizi Petrenko ntiyasobanuye uko uruhare acyekwaho kugira rumeze.

Mu gihe cyashize Ukraine yigambye bimwe mu bitero ku basirikare bo ku rwego rwo hejuru b’Uburusiya, mu gihe mu mpera y’ukwezi gushize abategetsi b’ubutasi bwa gisirikare bw’Uburusiya bavuze ko baburijemo igerageza ry’igitero ku musirikare w’Uburusiya mu mujyi wa St Petersburg.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa