Uburusiya: Vladimir Poutine araburira ku ntambara nshya y’ubutita
Yanditswe: Monday 29, Jul 2024

Perezida w’Uburusiya Vladimir Poutine yafashe ijambo mu muhango wo kwerekana ingabo zo mu mazi wabaye ku Cyumweru i Saint-Pétersbourg, ku munsi ngarukamwaka wahariwe ingabo zo mu mazi z’Uburusiya.
Ashimira abasirikare bo mu mazi baturutse mu Bushinwa, Algeria, na India kuba bitabiriye uwo muhango, cyane cyane yashimangiye ko Uburusiya bugamije gukomeza guteza imbere ingabo zabwo zo mu mazi.
Poutine ati“Ndishimye cyane kwakira mu muhango mukuru wo kwerekana ingabo zo mu mazi abasirikare bo ku (...)
Perezida w’Uburusiya Vladimir Poutine yafashe ijambo mu muhango wo kwerekana ingabo zo mu mazi wabaye ku Cyumweru i Saint-Pétersbourg, ku munsi ngarukamwaka wahariwe ingabo zo mu mazi z’Uburusiya.
Ashimira abasirikare bo mu mazi baturutse mu Bushinwa, Algeria, na India kuba bitabiriye uwo muhango, cyane cyane yashimangiye ko Uburusiya bugamije gukomeza guteza imbere ingabo zabwo zo mu mazi.
Poutine ati“Ndishimye cyane kwakira mu muhango mukuru wo kwerekana ingabo zo mu mazi abasirikare bo ku bwato bwa Algeria, Ubuhinde, n’Ubushinwa, ndetse n’intumwa ziturutse mu bihugu by’amahanga byinshi byifatanyije natwe kwizihiza uyu munsi,” nk’uko byatangajwe na Perezida w’Uburusiya Vladimir Poutine.
Aganira ku mishinga ya Amerika yo gushyira misile zifite ubushobozi bwo kugera kure mu gihugu cy’Ubudage, Perezida w’Uburusiya yayigereranyije n’igihe cy’intambara y’ubutita maze atangaza ko Uburusiya “buzafata ingamba zisa.”
Ati“Niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyira mu bikorwa iyi mishinga, tuzafata ko tutakiri kubahiriza amasezerano yo kudashyira intwaro zifite ubushobozi bwo kugera kure no mu ntera ngufi, harimo no kongera ubushobozi bw’ingabo zacu zo ku nkombe z’amazi. Uyu munsi, iterambere ry’izi ntwaro rigeze ku rwego rwa nyuma. Tuzafata ingamba zisa zo kuzikoresha, duhereye ku bikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abafatanyabikorwa bayo mu Burayi no mu bindi bice by’isi,” nk’uko Perezida Poutine yabitangaje.
Mu gusoza ijambo rye, Perezida w’Uburusiya yavuze ku basirikare bo mu mazi, ngo “barwana gitwari” muri Ukraine.
Source;Bwiza
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *