skol

Ubushinwa bwavuze ko iyicwa ry’abategetsi ba Iran n’ibitero ku baturage bitemewe na gato"

Yanditswe: Thursday 19, Mar 2026

featured-image

Ubushinwa bwavuze ko iyicwa ry’umukuru w’Inama Nkuru y’Umutekano wa Irani, Ali Larijani, mu gitero cyakozwe na Israel, n’iyicwa ry’undi mutegetsi uwo ari we wese wa Iran "bitemewe", busaba ko hashyirwaho uburyo bwo guhagarika imirwano byihuse.

Nubwo Beijing ari umufatanyabikorwa wa Iran, yanenze ibitero byayo ku bihugu byo mu kigobe cy’Abarabu birimo ibirindiro bya gisirikare bya Amerika.

Larijani niwe muntu ukomeye cyane muri Iran wishwe nyuma y’Umutegetsi w’Ikirenga Ayatollah Ali Khamenei n’abandi bantu bakomeye ku munsi wa mbere w’intambara ya Amerika na Israel tariki 28 Gashyantare (2).

Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa, Lin Jian, yagize ati: "Twahoraga duhakanira ikoreshwa ry’ingufu mu mibanire mpuzamahanga," yongeraho ko "ibikorwa bigamije kwica abategetsi ba Iran no kugaba ibitero ku baturage bidakwiye na gato."

Yagize ati: "Ubushinwa burasaba impande zirebwa guhagarika ibikorwa bya gisirikare vuba no gukumira ko ibintu mu karere bikomeza kumera nabi."

Beijing yashatse kuba umuhuza w’intambara, aho intumwa yayo idasanzwe mu Burasirazuba bwo Hagati, Chai Jun, izazenguruka ako karere muri uku kwezi kugira ngo ibonane n’abategetsi bakuru.

Mu bihugu yasuye harimo Arabiya Saoudite, UAE, Bahrain, Kuwait na Misiri.

Mu ruzinduko rwe, Chai yashimangiye ko "ibitero ku bikorwa bitari ibya gisirikare bidakwiriye, kandi ko umutekano w’inzira z’amato utagomba guhungabana."

Lin Jian yavuze ko uruzinduko rw’intumwa ari "igice cy’ibikorwa bikomeye bya dipolomasi by’Ubushinwa" mu Burasirazuba bwo Hagati, yongeraho ko "ibikorwa bya dipolomasi bya Beijing ntibizahagarara igihe cyose amakimbirane agikomeje."

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa yatangaje muri iki cyumweru ko Beijing izatanga inkunga y’ubutabazi kuri Iran, Libani, Jordan na Iraq.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa