Ubwongereza bwavuze ko butazifatanya na Amerika na Israel mu bitero kuri Iran
Yanditswe: Monday 02, Mar 2026
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Keir Starmer, ubwo yari mu nteko nshingamategeko, yavuze ko igihugu cy’Ubwongereza kitazigera kifatanya na Amerika ndetse na Israel, mu bitero byagabye kuri Iran.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Keir Starmer, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye uburenganzira bwo gukoresha ibirindiro by’Ubwongereza mu guhagarika ibitero bya za misile bya Iran ku bubiko bw’ibisasu bya misile cyangwa ahantu hategurirwa ibisasu bya misile kugira ngo biraswe.
Starmer avuga ko yemeye iki cyifuzo gishya "cyo gukumira Iran kurasa ibisasu bya misile mu karere kose" no kwica abaturage.
Ariko, yashimangiye ko Ubwongereza budashyigikiye ibitero bya Amerika na Israel.
Minisitiri w’Intebe avuga ko Ubufaransa n’Ubudage nabyo byiteguye kwemerera ibikorwa bya Amerika ku birindiro byabyo gusenya ubushobozi bwa misile za Iran.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *