Abarenga miliyoni 21 baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora avuga ko yakiriye ubutumwa bwinshi bumutera ubwoba bumusaba kugira uwo azemeza nka Perezida bitaba ibyo agahura n’ibibazo.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Uganda, Simon Byabakama, yavuze ko yakiriye ubutumwa bwinshi bumusaba kuzatangaza uwo yise umuntu runaka nka Perezida watsinze amatora atabikora agahura n’ibibazo.
Mu kiganiro na BBC yagize ati: "Bamwe mu bantu bagiye bavuga ngo nutamutangaza nka Perezida, uzahura n’ibibazo. Nabasubizaga ko ntari mu bucuruzi bwo guhitamo utorwa."
Uyu yavuze ko amategeko avuga ko umuntu ubonye amajwi arengeje 51% aba yatsinze amatora nka Perezida w’Igihugu ko kandi ari byo azakurikiza.
Ati: "Ibyi abatora bazahitamo nibyo nzatangariza Igihugu nyuma y’amasaha 48 amatora arangiye."
Robert Kyagulanyi yagiye avuga ko atizeye ibizava mu matora, Perezida Museveni n’umuhungu we Gen. Muhoozi Kainerugaba akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za UUganda batanze umuburo ku barwanashyaka ba Bobi Wine ko nibaramuka bishutse bakajya mu muhanda bigaragambya bazahura n’ibibazo.
Museveni yabwiye abumvira Bobi Wine wavuze ko abaturage ari benshi kurusha Abapolisi, abasubiza avuga ko umupolisi umwe agendana imbunda irimo amasasu 120.
Abakandinda umunani barimo Perezida Yoweli Kaguta Museveni uri ku butegetsi akaba n’umukandida w’Ishyaka rya NRM nibo bari ku rupapuro rw’itora.
Harimo kandi Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine wari wagize amajwi 35% mu matora yo mu 2021.
Uyu munyamuziki w’imyaka 43 y’amavuko wiyeguriye politike akaba yaratanzwe n’ishyaka NUP, avuga ko ubu yizeye kuzatsinda Perezida Museveni w’imyaka 81 y’amavuko n’imyaka hafi 40 ku butegetsi.
Abandi bashaka intebe iruta izindi muri Uganda barimo, Mugisha Muntu w’Ishyaka rya Alliance for National Transformation na Mubaraka Munyangwa.
Amatora arakorwa mu mwuka w’ubwoba dore ko ubu internet yahagaritswe mu gihugu hose ndetse umutekano urakazwa.
Ku mbuga nkoranyambaga za polisi y’icyo Gihugu yashyizeho amafoto agaragaza abashinzwe umutekano bikwije intwaro nini n’intoya ndetse n’indege mu kirere.
Imodoka z’intambara ziri mu masangano y’imihanda mu mijyi minini nka Kampala, Masaka, Jinja n’ahandi.
Imodoka z’abashinzwe umutekano ziri mu mihanda
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *