skol
fortebet

Uko aba Gen-Z basunitse perezida kugeza ahunze

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Wednesday 15, Oct 2025

Uko aba Gen-Z basunitse perezida kugeza ahunze

Sponsored Ad

skol

Imyigaragambyo y’urubyiruko rw’aba Gen-Z muri Madagascar yatangiye binubira ibura ry’amashanyarazi n’ubukene bw’amazi meza, abasesenguzi bavuga ko ku ikubitiro Perezida Rajoelina atahaye agaciro kaninini uru rubyiruko.

Imbuga nkoranyambaga zafashije kwihutisha akababaro k’urubyiruko mu gihugu, ndetse no guhanahana amakuru y’uburyo n’aho bari bukorere imyigaragambyo, byafashe indi ntera birenga umurwa mukuru uzwi cyane nka ’Tana’ bigera no mu yindi mijyi y’iki kirwa cya kane kinini ku isi nka Toamasina, Antsirabe, na Mahajanga.
Hejuru y’amazi n’amashanyarazi urubyiruko rwazamuye ijwi no ku bindi bibazo birimo ruswa, serivisi mbi za leta, gucunga nabi umutungo wa leta…maze rutangira gusaba ubutegetsi kuvaho. Igisirikare cyari gicecetse, naho igipolisi na jandarumori bahanganye n’abigaragambya.
Perezida Rajoelina yagerageje guturisha abigaragambya akuraho guverinoma yose atangira gushyiraho abandi ariko aho byari bigeze aho uru rubyiruko ruvugaga ko icyo rushaka ari uko we ubwe yegura akava ku butegetsi bw’iki kirwa gituwe n’abaturage miliyoni zigera kuri 30.
Ibintu byagiye kumera nabi cyane mu mpera z’icyumweru gishize ubwo umutwe w’ingabo uzwi nka CAPSAT (Corps d’Armée des Personnels et des Services Administratifs et Techniques) wakozanyagaho n’abajandarume n’abapolisi urengera abigaragambya.
Uyu mutwe w’ingabo ukuriwe na Colonel Michael Randrianirina wasabye indi mitwe y’ingabo gusubira mu bigo bya gisirikare, n’abakuru bayo babishaka ngo baze biyunge kuri CAPSAT. Bamwe bavuga ko ari bwo Perezida Rajoelina yabonye ko bikomeye akava mu ngoro ye na kajugujugu akerekeza ku kirwa gituranyi - igihugu cya Réunion - aho yavanywe n’indege ya gisirikare y’Ubufaransa yamujyanye ahantu hatazwi neza kugeza ubu.
Ku wa mbere nijoro ari aho yahungiye, Rajoelina yavuze ko yihishe "ahantu hatekanye" nyuma y’igerageza ryo kumwica, yamagana abashaka gukora ’coup d’état’ mu gihugu no gushaka kugisenya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa