skol
fortebet

Ukraine yagabye ibitero bikomeye i Moscow.

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Thursday 18, Jun 2026

Ukraine yagabye ibitero bikomeye i Moscow.

Sponsored Ad

skol

Umurwa mukuru w’Uburusiya, Moscow, wibasiwe n’ibitero bikomeye by’indege bwa mbere kuva intambara yo muri Ukraine yatangira.

Ibi byabaye nyuma y’uko indege zitagira abapilote (drones) z’Abanya-Ukraine zigera hafi kuri 200 zateye ibice bitandukanye by’uyu murwa mukuru, zigateza umwotsi mwinshi mu kirere.

Abantu 17 barakomerekeye mu Ntara ya Moscow, nk’uko byatangajwe na Guverineri w’iyo ntara, Andrei Vorobyov.

Minisiteri y’Ingabo y’Uburusiya yatangaje ko mu masaha 24 gusa, yafashe ikanasesa indege zitagira abapilote zigera ku 1,000 hamwe na misile enye za Ukraine, zageragezaga kwinjira mu bice bitandukanye by’igihugu.

Ikigega cyabikwagamo peteroli cyatewe mu karere ka Rostov mu majyepfo y’Uburusiya, aho umuntu umwe yahasize ubuzima.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko Kyiv yongeye kugaba igitero ku gace ka Moscow ikoresheje “intwaro zirasa kure cyane”, amagambo akoreshwa mu gusobanura ibitero bikorwa kure y’imipaka ya Ukraine.

Yanongeyeho ati: “Igihe cyo guhagarika iyi ntambara kirageze, kandi Uburusiya bugomba gufata ingamba zikenewe binyuze mu nzira za dipolomasi n’ibiganiro.”

Zelensky yavuze kandi ko iki gitero gikomeye cy’indege zitagira abapilote ari igisubizo ku gitero Uburusiya bwagabye ku murwa mukuru Kyiv mu cyumweru gishize.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa