skol

Ukraine yamaganye ibyo kohererezwa ingabo, isaba intwaro zo guhangana n’u Burusiya

Yanditswe: Saturday 22, Feb 2025

featured-image

Umujyanama wa Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, Mikhail Podoliak, yavuze ko icyo igihugu cye gikeneye atari ukohererezwa abasirikare bavuye mu Burayi, kugira ngo bafashe mu kurinda umutekano, ashimangira ko igikenewe ari intwaro nyinshi zo gukomeza guhangana n’u Burusiya.

Trump aherutse guca amarenga y’uko Ukraine ishobora guhagarikirwa inkunga y’intwaro ihabwa na Amerika, ibyahita bigira ingaruka zikomeye ku rugamba kuko iki gihugu gisanzwe gitaka kugira intwaro nke.

Aha niho havuye igitekerezo cya bimwe mu bihugu by’u Burayi, kivuga ko hashobora koherezwa ingabo muri Ukraine kugira ngo zifashe icyo gihugu mu kwirindira umutekano.

Gusa ku ruhande rwa Ukraine, iki gihugu cyaciye amarenga y’uko cyifuza gukomeza intambara, aho Umujyanama wa Perezida Zelensky, Mikhail Podoliak, yavuze ko icyo bifuza ari intwaro nyinshi, kugira ngo bakomeze intambara.

Yavuze ko kohererezwa intwaro "bidashoboka urebye uko ibintu bihagaze."

Yashimangiye ko igikenewe ari "kongera intwaro no gukomeza kudufasha muri ubu buryo bwo guhabwa intwaro."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa