Ukraine yongeye kwamagana umugambi wo guhara ubutaka bwayo
Yanditswe: Monday 11, Aug 2025
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Andrey Sibiga, yavuze ko igihugu cye kitazemera guhara ubutaka bwahoze ari ubwacyo ari bugenzurwa n’u Burusiya, dore ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari kimwe mu bihugu bishyigikiye uyu mugambi mu rwego rwo kurangiza intambara imaze imyaka itatu ica ibintu hagati ya Ukraine n’u Burusiya.
U Burusiya bugenzura hejuru ya 20% by’ubutaka bwahoze ari ubwa Ukraine ndetse mu 2022, abaturage bo mu duce twa Lugansk, Donetsk, Zaporozhye na Kherson bakoze referandumu, bemeza ko biyometse ku Burusiya. Mu 2014, abatuye Crimea nabo bari bakoze amatora nk’aya.
Trump uri mu myiteguro na Putin kuri uyu wa Gatanu, aherutse kuvuga ko mu rwego rwo kurangiza intambara, Ukraine ishobora guharira u Burusiya ibice bugenzura magingo aya.
Ibi ariko Ukraine ntibikozwa kuko Minisitiri Sibiga abitera utwatsi, aho yavuze ko "Ntabwo ubutaka bwahabwa abaduteye kugira ngo tubashimishe, kubaha ubutaka ni ugushyigikira ibitero byabo."
Perezida Zelensky utaratumiwe mu nama izahuza Trump na Putin, nawe yari aherutse gutera utwatsi uyu mugambi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *