skol
fortebet

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Amerika mu Burayi no muri Afurika Yirukanwe

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Friday 03, Jul 2026

featured-image

Sponsored Ad

skol

Jenerali Christopher Donahue, wari uyoboye ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirwanira ku butaka mu Burayi no muri Afurika, akaba yari anayoboye ingabo za NATO zirwanira ku butaka, yakuwe muri izo nshingano nyuma y’amezi 18 gusa azimazemo.

Amakuru y’uko agiye kuva muri izo nshingano yatangajwe mu mpera za Kamena, ariko yakomeje gukora kugeza ku wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga.

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntikiratangaza impamvu y’iyo mpinduka. Mu gihe hagitegerejwe ko hashyirwaho umusimbura wa Donahue, Majoro Jenerali Christopher Norrie ni we wagizwe umuyobozi w’agateganyo w’ingabo za Amerika zirwanira ku butaka mu Burayi no muri Afurika.

Uku gukurwa kwa Donahue kuje mu gihe Minisitiri w’Ingabo wa Amerika, Pete Hegseth, ari gushyira mu bikorwa impinduka zikomeye mu buyobozi bukuru bwa Pentagon. Hari kandi amakuru avuga ko uwo mwanya ushobora guhindurwa ugatangira kuyoborwa n’umujenerali ufite inyenyeri eshatu aho kuyoborwa n’ufite inyenyeri enye.

Mbere yo kuyobora ingabo za Amerika zirwanira ku butaka mu Burayi no muri Afurika, Jenerali Donahue yari yarayoboye imitwe itandukanye y’ingabo.

Azwi cyane nk’umusirikare wa nyuma w’Umunyamerika wasohotse muri Afghanistan ubwo ingabo za Amerika zavaga muri icyo gihugu mu mwaka wa 2021.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa