Jill Biden, umugore w’uwahoze ari Perezida w’Amerika Joe Biden, yavuze ko yatekereje ko umugabo ashobora kuba yaragize iturika ry’udutsi tw’ubwonko Stroke ubwo yari mu kiganiro mpaka cyabaye muri 2024, ubwo yari umukandida ku mwanya wa perezida, akagaragara afite intege nke ndetse no gushidikanya ku bitekerezo yatangaga
Mu kiganiro Jill Biden yagiranye n’ikinyamakuru cya CBS News, cyitwa CBS News Sunday Morning, kizatangazwa ku cyumweru. yavuze ko ubwo yabonaga imyitwarire y’umugabo we muri icyo kiganiro mpaka, yagize ubwoba bwinshi yumva yenda gupfa, bitewe n’uko atari yarigeze abona umugabo we ameze uko.
umugore wa Joe Biden yavuze ko we yatekereje ko icyateye umugabo iyo myitwarire, ari uguturika k’udutsi tw’ubwonko bizwi nka Stroke.
Nyuma y’ikiganiro mpaka Joe Biden atitwayemo neza, abagize ishyaka ry’abademokarate yari ahagarariye mu matora y’umukuru w’igihugu amwokeje igitutu bamusaba kuva mu byo kwiyamamaza nk’umukandida ubahagarariye aho yari ahanganye na Donald Trump, icyo gihe wari umukandida w’abo mu ishyaka ry’abarepubulikani.
Joe Biden, nyuma yo kotswa igitutu n’abademokarate yahisemo kureka ibyo kwiyamamaza umwanya we uhabwa Kamala Harris, icyo gihe wari Visi Perezida.
Jill Biden akunze kuvugwaho kuba hafi cyane y’umugabo we mu gihe cyose yamaze ku mwanya w’umukuru w’igihugu ndetse hakanavugwa ko ariwe mujyanama we mukuru mu byo yakoraga byose akaba yaranabaye umwe mu bamugiriye inama yo kuva mu byo kwiyamamaza mu matora ya 2024.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *