Ikipe ya Arsenal yahabwaga amahirwe yo kuba yakwegukana igikombe cya EUFA Champions League nyuma yo gutwara icya shampiyona y’u Bwongereza yaraye itsindiwe ku mukino wa nyuma na PSG bisabye kwiyamaza za Penalite.
Benshi mu bakurikiranye uyu mukino bashinje Arsenal gukina umukino wo gufunga cyane aho gukina umukino ufunguye no gushaka ibitego.
Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye ikipe zombi zinganya igitego 1-1. Hongeweho iminota 30 ariko nayo irangira nta gihindutse maze hiyambazwa za Penalite zarangiye PSG yinjije 4 kuri 3 za Arsenal maze Arsenal ibura igikombe yari ifitiye inyota ityo, naho PSG yo ikora amateka yo kucyegukana incuro 2 zikurikiranya.
Umuhanzi Weasel ni umwe mu bagize icyo bavuga kuri uyu mukino dore ko ari umufana w’akadasohoka w’ikipe ya Arsenal. Yifashishije ifoto y’umugore we Sandra Teta, Weasel yagaragaje ko adatewe agahinda n’iyi ntsinzwi, ahubwo agaragaza kwishimira ko nibura iyi kipe yabashije kugera ku mukino wa nyuma wa EUFA Champions League.
Yagize ati: "Nubwo twatakaje umukino wa nyuma wa UEFA Champions League, hari icyo twishimira, nibura twe twageze ku mukino wa nyuma, bitandukanye n’abatabashije no kuwugeraho."
Ku rundi ruhande kandi Perezida Kagame na we yavuze kuri uyu mukino aho yashimiye PSG na Arsenal icyarimwe.
Yagize Ati: “Ndashimira umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint-Germain ku Gikombe cya UEFA Champions League yari ikwiye ndetse ikaba icyegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.”
Umukuru w’igihugu yashoje agira ati: “Ndashimira kandi Arsenal ku kugera ku mukino wa nyuma no guhatana kugeza ku munota wa nyuma ushoboka. Amakipe yombi yateye ishema abakunzi bayo, iri joro PSG ihamya ko ari ikipe nziza kurushaho.”

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *