Umunyamerika wunganira Bobi Wine yirukanywe muri Uganda
Yanditswe: Wednesday 04, Feb 2026
Inzego z’umutekano za Uganda zirukanye umunyamategeko ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wunganira umunyapoliti Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Uyu munyamategeko, Robert Amsterdam, n’impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Jeffrey Smith, birukanywe bashinjwa gukora ibikorwa bibangamira inyungu za Uganda mu mahanga, no gushyigikira imitwe irwanya ubutegetsi bwa Museveni.
Amsterdam yirukanywe muri Uganda nyuma y’aho tariki ya 2 Gashyantare atangaje ko Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari gutera abantu ubwoba mu gihe Perezida Museveni ayobora igihugu n’umutungo w’umuryango we.
Uyu munyamategeko yateguzaga ko azasabira Uganda guhagarikwa mu muryango Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha Icyongereza, kubera icyo yise kwikanyiza abaturage n’ubukoloni bw’imbere mu gihugu ashinja umuryango wa Museveni.
Yagize ati “Icyo ngiye kuvuga ni iki, dufite gahunda yo gusaba Commonwealth guhagarika by’agateganyo Uganda kugeza igihe izaba igihugu kigendera ku mategeko.”
Ku wa 3 Gashyantare, Jeffrey na we yasabiye ubutegetsi bwa Uganda gufatirwa ibihano, abishingiye ku kuba Gen Muhoozi aherutse kwibasira Ambasade ya Amerika i Kampala.
Umunyamategeko mpuzamahanga wa Bobi Wine, Robert Amsterdam, yirukanywe muri Uganda nyuma yo guteguza ko azasabira iki gihugu guhagarikwa muri Commonwealth

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *