Umusimbura wa Maduro yarahiriye kuyobora Venezuela by’agateganyo
Yanditswe: Tuesday 06, Jan 2026
Delcy Rodríguez uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora Venezuela by’agateganyo, nyuma y’uko Perezida Nicolas Maduro afashwe n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yarahiriye izo nshingano.
Rodriguez yarahijwe nk’umukuru w’igihugu w’agateganyo wa Venezuela mu nama y’Inteko Ishinga Amategeko, yabaye kuri uyu wa 6 Mutarama 2026.
Uyu mugore w’imyaka 56 wabaye Visi Perezida kuva mu 2018, yavuze ko yababajwe n’ibyo yise gushimutwa kwa Perezida Maduro n’umugore we, Cilia Flores, bafashwe n’ingabo za Amerika mu gitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 3 Mutarama 2026.
Ni irahira ryabaye nyuma y’amasaha make Nicolas Maduro agejejwe mu Rukiko rw’i Manhattan akavuga ko akiri Perezida wa Venezuela, ndetse yiregura ahakana ibyaha byose ashinjwa birimo ibijyanye n’iterabwoba rishingiye ku bucuruzi bw’ibiyobyabwenge.
Mbere y’uko Maduro yitaba urukiko, Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kari kakoze inama y’igitaraganya yo kuganira ku bibazo bya Venezuela.
Ambasaderi wa Venezuela muri Loni, Samuel Moncada, yavuze ko igihugu cye cyagabweho igitero cy’amasasu kidafite ishingiro ry’amategeko.
Delcy Rodríguez arahiye nyuma y’iminsi mike ahawe gasopo na Perezida Donald Trump, amusaba kwitwararika ku byemezo bireba Amerika.
Delcy Rodríguez yarahiriye kuyobora Venezuela

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *