skol
fortebet

Umusirikare ukomeye wa Israel mu mazi abira kubera amashusho y’iyicarubozo ryakorewe Abanya-Palestine

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Tuesday 04, Nov 2025

Umusirikare ukomeye wa Israel mu mazi abira kubera amashusho y'iyicarubozo ryakorewe Abanya-Palestine

Sponsored Ad

skol

Maj Gen Yifat Tomer-Yerushalmi, wahoze Umunyamategeko w’Igisirikare cya Israel (IDF), yafunzwe nyuma y’uko hasohotse amashusho agaragaza abasirikare ba Israel bakorera iyicarubozo imfungwa yo muri Palestine.

Tomer-Yerushalmi yari yeguye ku mwanya we mu cyumweru gishize, nyuma yo kwemera amakosa ye mu kuba ayo mashusho yaragiye hanze.

Uyu mugore yongeye kugarukwaho cyane ku Cyumweru tariki 2 Ugushyingo 2025, ubwo byavugwaga ko yaburiwe irengero, ndetse polisi itangira kumushakisha.

Polisi yatangaje ko yaje gusanga ameze neza ariko ahita atabwa muri yombi.

Amashusho avugwa muri iki kibazo yaciye kuri televiziyo muri Kanama 2024, agaragaza abasirikare ba Israel bo mu kigo cya Sde Teiman bakubita, ndetse bacengeza ikintu mu kibuno cy’imfungwa yo muri Palestine, nyuma ikajyanwa kwa muganga kubera ibikomere bikomeye.

Abasirikare batanu b’Inkeragutabara mu Ngabo za Israel bagejejwe mu nkiko kubera iri yicarubozo, ariko bose barabihakana.

Nyuma y’uko aya mashusho asohotse, Minisitiri w’Ingabo Israel Katz yahise asaba Tomer-Yerushalmi kwegura, undi nawe abishyira mu bikorwa.

Mu minsi yakurikiyeho, byatangajwe ko yaburiwe irengero, bituma polisi itangiza igikorwa kinini cyo kumushakisha. Nyuma y’amasaha make, yabonetse ari muzima hafi y’ahitwa Herzliya, ariko ahita atabwa muri yombi.

Polisi nyuma yatangaje ko abantu babiri, barimo Tomer-Yerushalmi n’uwahoze ari umushinjacyaha mukuru w’Ingabo Col Matan Solomosh, bafunzwe bakekwaho gukwirakwiza amakuru y’ibanga n’ibindi byaha bikomeye.

Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, yavuze ko aya mashusho yafatiwe Sde Teiman “ari kimwe mu bitero bikomeye ku isura ya Israel.”

Maj Gen Yifat Tomer-Yerushalmi ari mu mazi abira kubera amashusho y’iyicarubozo bakoreye imfungwa zo muri Palestine

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa