skol

Umusirikare ushinzwe umutekano wa Tshisekedi yarezwe urugomo mu Bubiligi

Yanditswe: Saturday 31, Jan 2026

featured-image

Abanyapolitiki batatu bakomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batanze ikirego mu nzego zitandukanye zo mu Bubiligi, bashinja umusirikare ushinzwe umutekano wa Perezida Félix Tshisekedi kubahohotera no kubatera ubwoba.

Claudel Lubaya yasobanuye ko tariki ya 23 Mutarama 2026, ubwo yari yicaranye na bagenzi be barimo Seth Kikuni na Sadiki Lukanda Don Pierrot, muri restaurant yo mu Mujyi wa Bruxelles, abantu hafi 10 barimo umusirikare Tabu Eboma Tema babateye, barabasagarira, babamenyesha ko bazabagirira nabi.

Aba banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi basobanuye ko ubwo babonaga ko umutekano wabo ushobora guhungabana, bafashe icyemezo cyo kuva ku meza bari bicayeho, kuko nta wigeze abatabara.

Ikinyamakuru Jeune Afrique cyatangaje ko abakorana na Eboma bemera ko yari muri iyi restaurant ubwo Lubaya na bagenzi be basagarirwaga, ariko ko nta ruhare yagize muri uru rugomo, ahubwo ko yagerageje kuruhosha.

Mu kirego cyagejejwe kuri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Minisitiri w’Ubutabera na Minisitiri w’Umutekano, Lubaya na bagenzi be bagaragaje ko Eboma ari umwofisiye mukuru mu ngabo za RDC ushinzwe umutekano wa Tshisekedi kuva mu 2023, kandi ko afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi.

Aba Banye-Congo bibukije inzego z’u Bubiligi ko mugenzi wabo usanzwe ari impirimbanyi ya politiki akaba n’umunyamakuru, Pero Luwara, muri Kanama 2025 na we yagabweho igitero n’abagizi ba nabi byaketswe ko batumwe na Leta ya RDC, baramukomeretsa.

Basabye u Bubiligi gukora iperereza ku myitwarire y’itsinda ryarimo Eboma, hanyuma bukoherereza Leta ya RDC ubutumwa buyimenyesha ko bwamaganye ubugizi bwa nabi bukorerwa Abanye-Congo batavuga rumwe na yo bahungiye i Bruxelles.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa