skol

Umusirikare w’u Bufaransa yiciwe muri Iraq

Yanditswe: Friday 13, Mar 2026

featured-image

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yamaganye igitero cya drone cyagabwe ku ngabo z’u Bufaransa mu Majyaruguru ya Iraq mu gace ka Erbil, kigahitana umusirikare mukuru umwe, abandi batandatu bagakomereka.

Abasirikare b’u Bufaransa bari muri aka gace batanga imyitozo yo kurwanya iterabwoba. Bagabweho igitero cya drone ku wa 12 Werurwe, nyuma y’uko n’ibirindiro by’Abataliyani na byo byari bimaze kuraswaho.

U Bufaransa bufite abasirikare benshi muri aka gace bari mu bikorwa bihuriweho byo kurwanya Islamic State.

Perezida Macron abinyujije kuri X ati “Iki gitero cyibasiye ingabo zacu ziri mu bikorwa byo kurwanya Islamic State kuva mu 2015 gikwiye kwamaganwa. Bari muri Iraq mu mugambi wo kurwanya iterabwoba. Intambara yo muri Iran ntikwiye kuba urwitwazo kuri iki gitero.”

Reuters yanditse ko hataramenyekana neza abohereje izi drones. Gusa ngo abarwanyi b’abanya-Iraq b’Abashiya baherutse guhabwa drones na misile na Amerika.

U Bufaransa buherutse gutangaza ko buzohereza ubwato 12 bw’intambara hafi ya Iraq mu bikorwa byo guherekeza ibikomoka kuri peteroli mu nzira ya Hormuz inyuramo 20% by’icuruzwa ku Isi buri munsi.

Iran yo yashimangiye ko mu gihe intambara yagabweho na Amerika izaba idahagaze, izarasa kuri buri gihugu giturukamo ibitero.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa