Libani yatangaje ko umutwe wa Hezbollah, ufashwa na Iran, wemeye gahunda y’Amerika yuko uhagarika ibitero kuri Israel ndetse na Israel igahagarika ibitero ku murwa mukuru Beirut wa Liban.
Ambasade ya Liban muri Amerika yavuze ko Hezbollah yemeye icyifuzo cy’Amerika cyo guhagarika ibitero ku mpande zombi”.
Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yemeje ayo masezerano, ariko avuga ko ibitero kuri Beirut bizakomeza “niba Hezbollah idahagaritse kugaba ibitero ku mijyi yabo no ku basivile”.
Ayo matangazo yagiye ahagaragara nyuma y’uko Perezida w’Amerika Donald Trump avuganye na Netanyahu hamwe n’abahagarariye Hezbollah ndetse bemeranya ko kurasa kose kuzahagarara, nyuma yuko Iran ivuze ko ibikorwa by’ingabo za Israel muri Liban biteje inkeke ku gahenge kariho ubu hagati y’Amerika na Iran.
Mu itangazo yasohoye ku mugoroba wo ku wa 01 Kamena 2026, Ambasade ya Liban yavuze ko muri ubu buryo bwifujwe, ibitero bya Israel ku nkengero zo mu majyepfo ya Beirut bizahagarara nk’ingurane yuko Hezbollah na yo yifashe ku kugaba ibitero kuri Israel. Yongeyeho ko ako gahenge kagiye kongerwa kakajyamo n’ubutaka bwose bwa Libani.
Ariko Netanyahu yagize ati: “Icyarimwe, IDF [ingabo za Israel] izakomeza gukorera mu majyepfo ya Liban nkuko byari biteganyijwe.”
Nyuma y’uko Trump avuze ko impande zombi zemeranyije guhagarika imirwano, hari ugukozanyaho kwakomeje.
Hezbollah yavuze ko yagabye ibitero bitatu ku bifaru bya Israel no ku basirikare bayo hafi y’ibyaro bibiri byo mu majyaruguru ya Israel, ikoresheje indege nto z’intambara zitajyamo umupilote (drone) hamwe n’"urukurikirane rw’ibisasu bya rutura".
Ingabo za Israel zavuze ko zasamye ibisasu bibiri byari byarasiwe muri Libani, gusa nta bakomeretse batangajwe.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *