Umwuzukuru wa Mandela ashaka kujya muri Gaza kwigaragambya
Yanditswe: Friday 05, Sep 2025
Umwuzukuru wa Nelson Mandela, Mandla Mandela, yatangaje ko agiye kwiyunga ku mpirimbanyi z’uburenganzira bw’ikiremwamuntu zigaragambya ku ngabo za Israel mu gihe zikomeje kugaba ibitero mu ntara ya Gaza muri Palestine.
Mu kiganiro Mandla yagiranye na Al Jazeera tariki ya 4 Nzeri 2025, yavuze ko we n’izindi mpirimbanyi bagamije kujyana imfashanyo muri Gaza kandi ko gutabara abari mu bibazo ari umurage yasigiwe na Mandela.
Ibi yabitangaje ubwo yari agiye gufata indege yerekeza muri Tunisia, aho azahura n’abandi bagize itsinda ry’impirimbanyi ziri mu itsinda ry’ubwato bugendera hamwe, bujyana imfashanyo muri Gaza.
Mandla yavuze ko uretse kohereza imfashanyo muri Gaza, we n’izindi mpirimbanyi z’uburenganzira bw’ikiremwamuntu basaba ingabo za Israel guhagarika ibitero zimaze imyaka 18 zigaba muri Gaza.
Yavuze ko abenshi mu basuye Palestine basanze imibereho y’abaturage bo muri Gaza ikomeye kurusha uko abirabura bo muri Afurika y’Epfo babagaho mu gihe cy’irondabwoko ryabakorerwaga.
Mandla yiyunze ku zindi mpirimbanyi zaturutse mu bihugu 44 zirimo icyamamare mu kurengera ibidukikije, Greta Thunberg, mu rugendo rugana muri Gaza no gufungura inzira inyuzwamo imfashanyo yafunzwe n’ingabo za Israel.
Yagize ati “Ibikorwa nk’ibi ni umurage w’umuryango wanjye, kandi byerekana ko uburenganzira bwa muntu n’ubutabazi ari ingenzi muri politiki y’umuryango wacu.”
Gahunda y’ubutabazi iri gukorwa hifashishijwe amato agendera hamwe yatangiriye mu mujyi wa Barcelona muri Espagne gusa iza gusubikwa kubera ibiza. Yongeye gusubukurwa ku wa 1 Nzeri 2025.
Impirimbanyi nyinshi zahuje imbaraga, zijyanira imfashanyo abari muri Gaza
Mandla ashaka gufatira ubwato muri Tunisia


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *