skol

Uvira – U Burundi bwafunze umupaka wabwo na Congo

Yanditswe: Thursday 11, Dec 2025

featured-image

Nyuma yaho inyeshyamba za AFC/M23 zifatiye umujyi wa Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, u Burundi bwafunze umupaka buvuga ko bushaka gukumira abashobora kubwinjirana.

Ku wa Gatatu inyeshyamba za AFC/M23 zageze muri Uvira nta mirwano ibaye, “M23 yanemeje ko yafashe Uvira, ko icyago kigijweyo”.

Ingabo z’u Burundi zafatanyije n’iza Congo na Wazalendo kurwana na AFC/M23 mu rwego rwo kurinda Uvira ariko birangira ifashwe n’inyeshyamba.

U Burundi, bwavuze ko bwafunze umupaka wabwo kugira ngo burinde ko hari abanzi babwinjirana.

Muri iki gihe cy’imirwano, iki gihugu cyakiriye izindi mpunzi ibihumbi magana z’Abanyecongo biganjemo abahunze Uvira n’ibindi bice. AFC/M23 yasabye abo bahunze gutahuka, ivuga ko izabarindira umutekano.

Amakuru yizewe avuga ko ingabo za Congo zahunze imirwano zimwe zijya i Burundi, abandi berekeza Swima, i Makobola ndetse n’i Baraka muri Teritwari ya Fizi.

Gen Byamungu Maheshe wa AFC/M23 yavuze ko nta kibazo bafitanye n’abaturage b’u Burundi ndetse asaba abasirikare b’u Burundi baba bakiri mu misozi kwishyikiriza ubuyobozi bwa AFC.M23 bukabajyana iwabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa