skol

Uwari Visi Perezida wa Kenya yasabye Trump kuyigabaho igitero nk’icyo muri Venezuela

Yanditswe: Monday 05, Jan 2026

featured-image

Uwari Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yasabye Perezida Donald Trump, kugaba igitero cya gisirikare muri Kenya gisa n’icyo aherutse kugaba muri Venezuela.

Ni amagambo Gachagua yatangaje ku Cyumweru tariki 6 Mutarama 2026 mu biganiro yatangiye mu gace ka Kipipiri, mu Karere ka Nyandarua.

Ibi biganiro byabaye nyuma y’iminsi mike bimenyekanye ko ku itegeko rya Perezida Trump ingabo za Amerika zagabye igitero muri Venuela zita muri yombi Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera bwa Amerika kubera ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’iby’iterabwoba bakurikiranyweho.

Gachagua yagarutse ku kibazo kimaze igihe imbere y’ubutabera, aho hari amafaranga yo muri Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yari agenewe gufasha abana bo muri iyi Leta mu gihe cya COVID-19, ariko aza kunyerezwa, agurwamo imitungo mu bihugu bitandukanye birimo na Kenya.

Kugeza ubu abantu 47 bari imbere y’ubutabera bwa Amerika kubera iki kibazo.

Gachagua avuga ko abantu bakoreshejwe mu kunyereza aya mafaranga yo muri Minnesota harimo n’Abanya-Kenya bakorana bya hafi na Perezida William Ruto.

Yagaragaje by’umwihariko inzu ziri mu gace ka Eastleigh i Nairobi, avuga ko “inyubako” zo muri ako gace zaguzwe hakoreshejwe amafaranga y’uburiganya yo muri Amerika, ndetse ko zimwe mu mpapuro z’ubucuruzi zahuye n’abafatanyabikorwa ba Perezida William Ruto.

Gachagua yasabye Trump kudakurikiza inzira z’amategeko mu gufata aba Banya-Kenya kuko bashobora gukingirwa ikibaba na Perezida Ruto, ashimangira ko igikenewe ari ugutera Kenya nk’uko Venezuela yatewe.

Ati “Ntuzigore ubinyuza mu nzira z’inkiko. Kora nk’ibyo wakoze muri Venezuela, ohereza Indege ufate uyu muntu ubundi umugeze imbere y’ubutabera.”

Perezida Ruto na Gachagua bamaze igihe kinini badacana uwaka. Umubano wabo mubi wagaragaye cyane mu Ukwakira 2024 ubwo uyu mugabo yeguzwaga ku mwanya wa Visi Perezida yari amazeho imyaka ibiri.

Rigathi Gachagua wari Visi Perezida wa Kenya yasabye Trump kuyigabaho igitero nk’icyo muri Venezuela

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa