skol

Venezuela: Amerika yategetse ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafungurwa

Yanditswe: Friday 09, Jan 2026

featured-image

Ubutegetsi bushya bwa Venezuela bwafunguye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bamaze igihe bafunze, Trump avuga ko ari Amerika yabisabye.

Abafunguwe barimo ab’imbere mu gihugu n’abanyamahanga, bafunguwe ku wa 8 Mutarama 2025, nyuma y’icyumweru uwari Perezida Perezida, Nicolas Maduro, akuwe ku butegetsi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse ahita afungwa.

Amerika yatangaje ko izakomeza kuyobora Venezuela, ndetse Perezida Trump yabwiye Fox News ko abafunguwe bose byakozwe ku busabe bw’igihugu cye.

Avuga ku butegetsi bushya bwa Venezuela yagize ati “Ni abantu beza,…ibyo twashakaga byose babiduhaye.”

Kugeza mu ijoro ryo ku wa kane hari hataratangazwa umubare n’amazina y’abagomba gufungurwa, ariko bikavugwa ko ari benshi.

Amashusho yagiye hanze yerekana Biagio Pilieri wari uyoboye abatavuga rumwe n’ubutegetsi wanagize uruhare mu bikorwa byo kwiyamamaza bya María Corina Machado, afunguwe ndetse ahoberana n’abagiye kumwakira. Machado yatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel.

Mu barekuwe kandi harimo Enrique Márquez, wayoboye komisiyo y’amatora, aba n’umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu 2024.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa