skol

Venezuela yashinje Amerika kwiba ubwato

Yanditswe: Thursday 11, Dec 2025

featured-image

Leta ya Venezuela yashinje Leta zunze Ubumwe za Amerika kugaba igitero ku bwato bwayo butwara Peteroli ikabushimutira mu mazi mpuzamahanga mu Nyanja ya Caraïbes.

Tariki ya 10 Ukuboza 2025, nibwo Amerika binyuze mu Ntumwa Nkuru ya Leta yatangaje ko Amerika yafashe ubwato bwari butwaye Peteroli mu buryo butemewe kuko yavaga muri Venezuela na Iran kandi ari ibihugu byafatiwe ibihano mpuzamahanga ku bucuruzi bwa peteroli.

Amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yerekana abasirikare ba Amerika n’indege za kajugujuju ebyiri zigaba igitero kuri ubwo bwato.

Perezida Donald Trump nawe yabwiye abanyamakuru ko Amerika yugaruriye ubwato bunini cyane ku nkombe za Venezuela.

Guverinoma ya Venezuela yahise isohora itangazo ivuga ko ibyakozwe na Amerika ari ukwiba umutungo w’Igihugu no kwigarurira ibyacyo.

Amerika na Venezuela bamaze igihe mu mwuka w’intambara nyuma y’uko Perezida Donald Trump wa Leta zunze Ubumwe za Amerika atangije ibitero byo kurasa amato aturuka muri Venezuela ayashinja gutwara ibiyobyabwenge.

Amerika kandi yohereje ubwato bw’intambara mu mazi yegereye Venezuela, ibyo Venezuela yise imico ya gikoloni n’iterabwoba, bigamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nicolas Maduro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa