Visi Perezida w’ishyaka rya Kabila Aubin Minaku yatawe muri yombi
Yanditswe: Sunday 18, Jan 2026
Inzego z’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zataye muri yombi Visi Perezida w’Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wayoboye iki gihugu, Aubin Minaku.
Inzego z’umutekano zamutaye muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, aho yasanzwe mu rugo rwe i Kinshasa.
Impamvu y’itabwa muri yombi rye ntabwo iratangazwa n’inzego zibifitiye ububasha ariko bishobora kuba bifite aho bihuriye n’ibyo ubutegetsi bwa Tshisekedi bukomeza gushinja abantu bahoze bafite ijambo ku butegetsi bwa Kabila, bikekwa ko bashobora kuba bagikorana na we mu ibanga bakanashinjwa gushyigikira AFC/M23.
Ku wa 7 Werurwe 2025 ni bwo RDC yatangaje ko abayobozi bakuru muri PPRD bakekwaho gukorana n’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC.
Abayobozi bakuru muri PPRD bakurikiranywe nyuma y’aho abayobozi bo muri RDC barimo na Perezida Félix Tshisekedi bashinje Kabila gufasha AFC/M23. Ni ikirego PPRD yateye utwatsi.
Abo barimo Umunyamabanga Uhoraho wa PPRD, Emmanuel Ramazani Shadari, Visi Perezida wa PPRD, Aubin Minaku, n’Umunyamabanga Uhoraho wungirije w’iri shyaka, Ferdinand Kambere.
Kugeza ubu ntabwo bizwi neza aho Aubin Minaku afungiwe ariko bamwe mu batanze amakuru bavuze ko ubwo yatabwaga muri yombi urugo rwe rwari ruzengurutswe n’abasirikare bo mu mutwe udasanzwe mu ngabo za FARDC.
Ishyaka rya PPRD ntacyo riratangaza kuri iryo fungwa ry’umuyobozi waryo.
Ibi bibaye nyuma y’ibyumweru bike bishize Umunyamabanga Uhoraho, Emmanuel Ramazani Shadary na we atawe muri yombi agafungirwa ahantu hatamenyekanye.
Ibyo bikomeje kuba ku bayobozi bakuru mu ishyaka rya PPRD, nyuma y’uko Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishije urubanza rwa Kabila adahari, rumushinja ibyaha birimo ubugambanyi no gukorana na AFC/M23 aho yakatiwe igihano cy’urupfu.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *