skol

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Yanditswe: Monday 02, Mar 2026

featured-image

Ihuriro AFC/M23 ryisubije santere ya Buhimba iherereye muri gurupoma ya Waloa Yungu muri teritwari ya Walikale, nyuma y’imirwano ikaze yarihanganishije n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Wazalendo ku wa 1 Werurwe 2026.

Actualité yatangaje ko AFC/M23 yateye ingabo za RDC na Wazalendo iturutse mu birindiro byayo biri mu gace ka Kilongo, gurupoma ya Osso Banyungu muri teritwari ya Masisi.

Nyuma y’amasaha menshi Buhimba iberamo imirwano ikomeye, ingabo za RDC na Wazalendo byavuye muri ibi birindiro, bihunga byerekeza mu gace ka Ngenge kari mu burengerazuba.

Abaturage benshi bo muri Buhimba bahunze ubwo iyi mirwano yabaga. Aba Ngenge na Kangati bafite ubwoba ko AFC/M23 ishobora kuhatera, na bo batangiye kwerekeza mu bice bizera ko bitekanye birimo amashyamba, abandi bajya muri Kimua.

AFC/M23 yakajije ibitero nyuma y’aho mu rukerera rwa tariki ya 24 Gashyantare 2026, ingabo za RDC zishe uwari Umuvugizi wayo mu rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, wari hafi ya santere ya Rubaya muri Masisi.

Kuva uwo munsi, AFC/M23 yafashe ibice byinshi yari yambuwe mu nkengero za Rubaya, igaragaza ko yafashe iki cyemezo kubera ko Leta ya RDC yarenze ku masezerano y’agahenge yasinyiwe muri Qatar, igahitamo intambara.

Ku wa 1 Werurwe 2026, ikibuga cy’indege cya Bangoka muri Kisangani cyagabweho igitero cya drones enye, gusa Leta ivuga ko igisirikare cyayo cyazihanuye. Bivugwa ko AFC/M23 ari yo yohereje izi drones nk’uko yabigenje mu kwezi gushize.

Ikibuga cy’indege cya Bangoka cyubakiwe abasivili ariko hari igice gikoreshwa n’igisirikare cya RDC. Umuhanda wacyo unyuraho indege z’intambara na drones zijya kugaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa