skol

Yananiwe kuva mu modoka kubera izabukuru: Umukandida w’ishyaka rya Museveni yahindutse iciro ry’imigani

Yanditswe: Thursday 19, Jun 2025

featured-image

Abanya-Uganda bakomeje kugaragaza ko batumva uburyo ishyaka NRM riri ku butegetsi ryatanze Gen. Moses Ali nk’umukandida mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, mu gihe ageze mu zabukuru ku buryo adashobora kuva mu modoka.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo NRM yemeje kandidatire ya Gen. Moses Ali ushaka guhagararira agace ka Adjumani West mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ubwo yari ageze ahabereye iki gikorwa, Gen. Moses Ali yananiwe guhaguruka biba ngombwa ko yemerezwa mu modoka. Bivugwa ko uyu mugabo afite imyaka 86, gusa hari n’abashimangira ko yayigabanyije ko arengeje 100.

Nyuma yo kubona ibyabaye, Abanya-Uganda bakomeje kugaragaza ko batumva uburyo NRM yatanga umukandida nk’uyu.

Kugeza ubu mu Rukiko rukuru rwa Uganda hamaze gutangwa ikirego gisaba ko kandidatire ya Gen. Moses Ali kubera ko nta bushobozi afite bwo gukora inshingano ari kwiyamamariza.

Ni ikirego cyatanzwe n’umunyamategeko Kakwenza Rukirabashaija. Kireba Komisiyo y’Amatora, Gen. Moses Ali n’intumwa nkuru ya Leta ya Uganda.

Nubwo hari impungenge ku bushobozi bwa Ali bivugwa ko ashyigikiwe cyane n’ishyaka rye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa