skol

Yasser Abu Shabab warwanyaga Hamas yiciwe muri Gaza

Yanditswe: Friday 05, Dec 2025

featured-image

Yasser Abu Shabab wamenyekanye kubera umutwe yayoboraga urwanya Hamas yiciwe muri Gaza.

Umutwe witwaje intwaro yayoboraga witwa Popular Forces watangaje ko yarashwe ubwo yageragezaga gukemura amakimbirane hagati y’abo mu muryango wa Abu Seneima.

Amakuru yabanje kujya hanze yavugaga ko uyu mugabo yishwe na Hamas imushinja gukorana na Leta ya Israel.

Itangazo rya Hamas rigaragaza Yasser Abu Shabab nk’umuntu wagambaniye Abanya-Palestine ndetse wari wishimiye kuba igikoresho cya Israel.

BBC yanditse ko abo mu mutwe wa Popular Forces bavuze ko bazakomeza kugendera ku murongo we wo kurwanya Hamas.

Umutwe wa Hamas wagabye igitero kuri Israel ku wa 7 Ukwakira 2023 gihitana abarenga 1200, unatwara bugwate abantu 250. Byavuyemo intambara imaze imyaka ibiri nubwo mu mpera za 2025 impande zombi zatangiye kumvikana kugira ngo ihagarare, n’imbohe zose zitahe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa