skol

Yibye ‘diamant’ y’arenga miliyoni 27 Frw, arayimira

Yanditswe: Wednesday 03, Dec 2025

featured-image

Umugabo wo muri Nouvelle-Zélande akurikiranyweho kwiba no kumira umutako wa diamant ufite agaciro k’ibihumbi 19$ (arenga miliyoni 27 Frw).

Amakuru dukesha BBC avuga ko ubu bujura bwabaye ku wa Gatanu tariki 28 Ugushyingo 2025, mu nzu igurisha imirimbo ya Partridge Jewellers muri Auckland.

Abakora muri iri guriro ngo bahise bahamagara polisi, ihageze isanga uyu mugabo yamaze kumira uyu murimbo wa diamant, ndetse kugeza n’ubu ntibarabasha kuwubona.

Kuri ubu hari gukorwa igenzura ry’abaganga rigamije kureba niba koko yaramize iyi ‘diamant’ ndetse akaba yayirutswa.

Biteganyijwe ko ukekwa azagezwa imbere y’urukiko tariki 8 Ukuboza 2025, kugira ngo akurikiranwe ku cyaha cy’ubujura.

Ntabwo ari ubwa mbere uyu mugabo avuzweho kwiba muri iri duka ry’imirimbo, kuko ku wa 12 Ugushyingo yahibye iPad.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa